Paroisse Muramba: Hibutswe Padiri Nkezabera Augustin wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ubu akaba ari mu Barinzi b'Igihango
Kuri uyu wa 21/05/2022 mu Karere ka Ngororero hibutswe Padiri Augustin NKEZABERA wazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Uyu yari Padiri Mukuru wa Paruwasi Gatolika ya Muramba iherereye mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Hindiro mu Kagali ka Gatega.


Umushyitsi Mukuru yari UWASE Patricie Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwaremezo waje Uhagarariye Unity Club-Intwararumuri ari nayo yatoranyije Padiri Augustin NKEZABERA nk'Umwe mu Barinzi b'Igihango ku rwego rw'Igihugu.
Kiliziya Gatolika muri uyu muhango yari ihagarariwe na Mgr NSENGUMUREMYI Jean Marie Vianney Igisonga cy'Umwepisikopi wa Diyosezi ya Nyundo.
Abashyitsi bakiriwe na NKUSI Christophe Umuyobozi w'Akarere ari kumwe n'Abayobozi b'Akarere bungirije bombi, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge ya Hindiro na Matyazo, Perezida wa IBUKA mu Karere ka Ngororero, Abayobozi mu Nzego z'Umutekano zikorera mu Karere ka Ngororero, abo mu muryango wa Padiri Augustin NKEZABERA, Abapadiri n'abandi bihayimana.




Nyuma y'igitambo cya Misa hatanzwe ubuhamya ku butwari bwaranze padiri Nkazabere ubwo yarwanaga ku batutsi bari bamuhungiyeho kuri paroisse ya Muaramba kugeza ubwo nawe yishwe urw'agashinyaguro abicanyi bakamujugunya mu gihuru cy'amahwa.
Nyuma habayeho gusura no gushyira indabo ku mva ishyinguyemo Padiri Augustin NKEZABERA no kumva impanuro z'abayobozi bitabiriye uyu muhango.
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu, Bwana UWOHOREYE N. Patrick,…
Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe yakiriye indahiro z'abahesha b'inkiko batari ab'umwuga na ba noteri ba Leta 17 bakorera mu ifasi…
Ku wa 4 Werurwe 2026, mu Karere ka Ngororero habereye irushanwa ryiswe “Gera ku Ntego Business Competition 2026”, ryabereye kuri Kabaya Telecenter –…
Perezida wa DPMC (Komite Ishinzwe Gucunga Imishinga ku Rwego rw’Akarere), akaba n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana…
Uyu munsi kuwa 31/03/2026 habaye inama y’Umushinga w’Urubyiruko mu Kwihangira Imirimo mu buhinzi (YEA-R), iyobowe n’Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuhinzi…
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 31/03/2026 abaye inama y’itsinda rishinzwe gukurikirana ikemurwa ry'ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage ku…
Umuganda rusange ngarukakwezi usoza ukwezi kwa Werurwe wabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Ngororero.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa…
Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu BwanaUWIHOREYEPatrick, ari kumwe n’itsinda ry’abatekinisiye, biriwe bagenzura imihanda…
Kuri uyu wa 25/03/2026 habaye inama y’Gahunda y’Akarere yo Kurwanya Imirire mibi no Guteza imbere Imikurire y’Umwana (DPEM-CD). Iyi nama yayobowe na…