Ngororero: Umuganura wuje ubusabane, ibyishimo n'umunezero
Hirya no hino mu midugudu 419 igize Akarere ka Ngororero hizihijwe umunsi w'umuganura
ku nsanganyamatsiko igira iti: "Umuganura isoko y'Ubumwe n'Ishingiro ryo Kwigira".
Ku rwego rw'Akarere wizihirijwe mu murenge wa Hindiro.
Umunsi waranzwe no kuganura, kuganuza, gutanga imbuto no kugaburira abana indyo yuzuye. Umunsi waranzwe kandi n'ibirori byarimo imbyino, imivugo, n'indirimbo z'abahanzi batandukanye.
By'umwihariko habayeho gushimira ubuyobozi bwiza bw'Igihugu cyacu burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Abubakiwe bari barasenyewe n'ibiza bashyikirije ubuyobozi bw'Akarere ubutumwa butandukanye buzagezwa ku Mukuru w'Igihugu mu rwego rwo kumushimira ko yabatuje heza.
Umuyobozi w'Akarere yavuze ku mavu n'amavuko y'Umuganura mu Rwanda ko wari ikimenyetso cy'umuco mwiza uhuza abanyarwanda b'ingeri zose ufite byinshi agasangira n'ufite ibidahagije. Yasabye abaturage gukomera kuri uwo muco ushimangira ubumwe bw'Abanyarwanda.
Yabasabye gusubiza amaso inyuma bagasigasira ibyagezweho baharanira iterambere rirambye.
Ibirori byitabiriwe kandi n' Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage @MukunduhirweBe, bamwe mu bajyanama mu Nama Njyanama y'Akarere, abayobozi b'Inzego z'Umutekano zikorera mu Karere, abayobozi n'abaturage b'umurenge wa Hindiro.
Itsinda ry'Abasenateri bo muri Komisiyo y'imibereho myiza y'abaturage, Uburezi, ikoranabuhanga n'Urubyiruko riyobowe na Hon. Dusingizemungu Jean…
Uyu munsi tariki ya 3 Kamena 2026 muri Hoteli FALIBA, habereye amahugurwa ku ikoreshwa ry’ifu y’ibigori byuzuye kandi byongewemo intungamubiri…
Kuri uyu wa 02 Kamena habaye inama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero, ubuyobozi bw’Imirenge ya Kabaya, Ngororero, Gatumba na Nyange, ndetse…
Kuri uyu wa 02 Kamena 2026, hasuwe zimwe mu nzu zubakiwe abaturage bagizweho ingaruka n’ibiza mu Karere ka Ngororero hagamijwe kureba inkunga bahawe,…
Kuri uyu wa 02 Kamena habaye inama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero, ubuyobozi bw’Imirenge ya Kabaya, Ngororero, Gatumba na Nyange, ndetse…
Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Gicurasi wabereye mu murenge yose igize Akarere ka Ngororero.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Gatumba…
GS Muhororo yo mu Murenge wa Gatumba yizihije Yubile y'imyaka 75 imaze ishinzwe.
Uyu muhango witabiriwe n’abashyitsi batandukanye. Ubuyobozi bw’Akarere…
Uruzinduko rw' Intumwa za rubanda mu Karere ka Ngororero muri gahunda yo guteza imbere ibikorwa by'ubuhinzi n'ubworozi hagamijwe gukangurira abahinzi…
Itsinda ry'Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko riyobowe na Hon. Pie Mugabo batangiye uruzinduko rw'akazi mu Karere ka Ngororero.
Ku munsi wa mbere…