Ngororero: Umufatanyabikorwa HEIFER International muri gahunda yo gutanga inka 100 z'umukamo
Muri gahunda yo gushyira umuturage ku isonga, Rwanda Dairy Development Project II ishyirwa mu bikorwa n'umuryango mpuzamahanga HEIFER International, yatanze inka z'umukamo 20 zihaka kandi zifite ubwishingizi mu murenge wa Gatumba. Zubakiwe ibiraro bya kijyambere; zaje ziherekejwe n'ibikoresho byo kuzitaho birimo amapompe, umunyu n'imiti.
Ni mu rwego rwa gahunda yo kuzatanga inka 100 z'umukamo mu mirenge itanu ariyo Nyange, Gatumba, Kavumu, Bwira na Kageyo.
Abagenerwabikorwa ba HEIFER International bavuze ibigwi byayo byatumye borora kijyambere kubera amahugurwa bahabwa ndetse n'imbuto y'ubwatsi bw'amoko anyuranye.
Bashimiye Ubuyobozi bwiza bw'Igihugu cyacu burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame washyizeho gshunda ya Girinka munyarwanda yatumye abaturage bava mu bukene kandi bakagira imibereho myiza.
Abahawe inka bibukijwe ko bagomba kuzifata neza kugirango zizatange umusaruro uhagije kandi bakazitura uwabagabiye boroza bagenzi babo.
Umuyobozi w'Akarere Nkusi Christophe yavuze ko mu Karere ka Ngororero gahunda ya Girinka yazahuye abaturage bakava mu bukene bwabazahaje nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu Karere ka Ngororero hamaze gutangwa inka 14261 muri gahunda ya Girinka. Yashimiye abafatanyabikorwa batandukanye babigizemo uruhare asaba abaturage kuzifata neza zikabaha amata ahagije, amafaranga n'ifumbire bityo bagasezerera ubukene, bakagira umuryango ushoboye kandi utekanye .
Igikorwa cyaranzwe no guha abana amata no gusura umwe mu miryango yorojwe inka.
Cyitabiriwe n'Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe, Umuhuzabikorwa wa HEIFER international RDDP II mu Ntara y’Iburengerazuba n'itsinda yari ayoboye, intumwa za Minisiteri y'Ubuhinzi n'ubworozi, abayobozi b'Inzego z'Umutekano, abayobozi n'abaturage b'umurenge wa Gatumba.
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…