Ngororero: Muri NST2 kirazira kugenda biguru ntege- Mayor Nkusi
Kuri uyu wa kane tariki ya 5/09/2024 muyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo yaguye ku buzima rusange bw'Akarere.
Ibyaganiriweho:
- imikorere n'imikoranire
-kongera ubukangurambaga mu baturage kuri gahunda za Leta: gahunda yo kwivana mu bukene (Graduation) , ubwisungane mu kwivuza, Ejo Heza,
- igihembwe cy'ihinga 2025A
- imyiteguro y'itangira ry'amashuli
- ibibazo bibangamiye imibereho myiza y'abaturage
- icyorezo cy'indwara y'ubushita bw'inkende
- kwakira no gukemura ibibazo by'abaturage.



Nyuma yo kuganira ku buzima rusange bw'Akarere mayor Nkusi yibukije buri wese ko kizira kugenda biguru ntege, ko muri NST2 ari ukongera umuvuduko kuko ibyakagombye gukorwa mu myaka 7 bizakorwa mu myaka 5 gusa.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'utugari twakoze neza mu kuzamura ibipimo bya gahunda za Leta nk'uwa Karambo mu murenge wa Gatumba na Kabarondo mu murenge wa Bwira basangije bagenze babo imikorere iboneye yatumye bagera ku ntego. Bashimiwe mu ruhame.
Abaranzwe no kugenda biguru ntege muri gahunda za Leta bagawe ku mugaragaro.
Abitabiriye inama basabye gukora neza bakesa imihigo kuko "niyo ndorerwamo y'imikorere yacu".

Iyi nama yitabiriwe n'abandi bagize Komite Nyobozi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere, umuyobozi w'imirimo rusange mu Karere, abayobozi b'imirenge n'utugari, abayobozi b'inzego z'umutekano zikorera mu Karere, abayobozi b'amashami n'abatekinisiye b'Akarere.
Uyu munsi kandi hakomeje igikorwa cyo gutanga ubutumwa bwo kwirinda icyorezo cy'indwara y'ubushita bw'inkende (Mpox):
- Ku bufatanye n'ubuyobozi bwa koperative y'abamotari "Gerayo Amahoro ", ubw'ikigo nderabuzima cya Rubona, Police Station ya Gatumba, n'ubuyobozi bw'Akagari ka Gatumba ubutumwa bwatanzwe mu cyiciro cy'abamotari zone ya Gatumba. Basobanuriwe uburyo iyi ndwara yandura, ibimenyetso byayo n'uburyo bwo kuyirinda.
Ubutumwa bwatanzwe n'umuyobozi w'ikigo nderabuzima cya Rubona.

- Ubu butumwa bwanatanzwe mu nama yahuje ubuyobozi bw'Akarere n'Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'imirenge n'ab'utugari, abayobozi b'inzego z'umutekano zikorera mu Karere n'abayobozi b'amashami.
Bwatanzwe n'umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe Benjamine wasabye inzego zose guhuza imbaraga iki cyorezo kigakumirwa. Muri iki gihe twitegura itangira ry'amashuri imbaraga zirashyirwa mu mashuli kugira ngo hatagira umunyeshuli wayanduza bagenzi be. Buri shuli rigomba kugira ubukarabiro buhagije bufasha abanyeshuli kunoza isuku y'intoki bityo ntihabe hagira uwanduza undi.
Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…
Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…