Ngororero: Muri NST2 kirazira kugenda biguru ntege- Mayor Nkusi

Kuri uyu wa kane tariki ya 5/09/2024 muyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo yaguye ku buzima rusange bw'Akarere. 
Ibyaganiriweho:
- imikorere n'imikoranire 
-kongera ubukangurambaga mu baturage kuri gahunda za Leta:  gahunda yo kwivana mu bukene (Graduation) , ubwisungane mu kwivuza,  Ejo Heza, 
- igihembwe cy'ihinga 2025A
- imyiteguro y'itangira ry'amashuli
- ibibazo bibangamiye imibereho myiza y'abaturage 
- icyorezo cy'indwara y'ubushita bw'inkende 
- kwakira no gukemura ibibazo by'abaturage.

Nyuma yo kuganira ku buzima rusange bw'Akarere mayor Nkusi yibukije buri wese ko kizira kugenda biguru ntege, ko muri NST2 ari ukongera umuvuduko kuko ibyakagombye gukorwa mu myaka 7 bizakorwa mu myaka 5 gusa.

Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'utugari twakoze neza mu kuzamura ibipimo bya gahunda za Leta nk'uwa Karambo mu murenge wa Gatumba na Kabarondo mu murenge wa Bwira basangije bagenze babo imikorere iboneye yatumye bagera ku ntego. Bashimiwe mu ruhame.
Abaranzwe no kugenda biguru ntege muri gahunda za Leta bagawe ku mugaragaro.
Abitabiriye inama basabye gukora neza bakesa imihigo kuko "niyo ndorerwamo y'imikorere yacu". 

Iyi nama yitabiriwe n'abandi bagize Komite Nyobozi,  Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere, umuyobozi w'imirimo rusange mu Karere, abayobozi b'imirenge n'utugari, abayobozi b'inzego z'umutekano zikorera mu Karere,  abayobozi b'amashami n'abatekinisiye b'Akarere. 

Uyu munsi kandi hakomeje igikorwa cyo gutanga ubutumwa bwo kwirinda icyorezo cy'indwara y'ubushita bw'inkende (Mpox):

- Ku bufatanye n'ubuyobozi bwa koperative y'abamotari "Gerayo Amahoro ", ubw'ikigo nderabuzima cya Rubona, Police Station ya Gatumba, n'ubuyobozi bw'Akagari ka Gatumba ubutumwa bwatanzwe mu cyiciro cy'abamotari zone ya Gatumba. Basobanuriwe uburyo iyi ndwara yandura, ibimenyetso byayo n'uburyo bwo kuyirinda.
Ubutumwa bwatanzwe n'umuyobozi w'ikigo nderabuzima cya Rubona.

- Ubu butumwa bwanatanzwe mu nama yahuje ubuyobozi bw'Akarere n'Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'imirenge n'ab'utugari, abayobozi b'inzego z'umutekano zikorera mu Karere n'abayobozi b'amashami.
Bwatanzwe n'umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe Benjamine wasabye inzego zose guhuza imbaraga iki cyorezo kigakumirwa. Muri iki gihe twitegura itangira ry'amashuri imbaraga zirashyirwa mu mashuli kugira ngo hatagira umunyeshuli wayanduza bagenzi be. Buri shuli rigomba kugira ubukarabiro buhagije bufasha abanyeshuli kunoza isuku y'intoki bityo ntihabe hagira uwanduza undi.
 


Ngororero: Tony Blair Institute irateganya kuzatanga amahugurwa y'abayobozi b'inzego z'ibanze

Itsinda ryaturutse muri Tony Blair Institute ryaje mu Karere ka Ngororero aho ryaje gukora ubushakashatsi ku bijyanye n'imikorere y'inzego .z'ibanze…

Read more →

Ngororero: VCRP irasaba abagenerwabikorwa bayo gusigasira ibyagezweho

Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…

Read more →

Ngororero: VCRP irasaba abagenerwabikorwa bayo gusigasira ibyagezweho

Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…

Read more →

Ngororero: Abayabozi b'amashuli bibukijwe gukumira icyakurura ingengabitekerezo ya Jeniside mu mashuli

Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe ari kumwe n'umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: Abajyanama b'ubuzima bagiye kuba abanyamuryango ba Koperative UMUGANGA SACCO

Umuyobozi w'Akarere @cnkusi20 ari kumwe n'Umuyobozi Mukuru wa Koperative Umuganga Sacco, intumwa ya Minisiteri y'Ubuzima, yayoboye inama…

Read more →

Ngororero: Perezida wa Sena yunamiye inzirikarengane ziruhukiye mu rwibutso rw Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Nyange

Mu karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje. Uyu munsi igikorwa cyabereye ku rwibutso…

Read more →

Umurenge wa Ndaro: Bahawe inkoko zizafasha kurwanya imirie mibi n'igwingira


Mu murenge wa Ndaro  k'ubufatanye n'umushinga SAIP II hatanzwe inkoko 1800 z' amagi ku miryango 450.
Iki gikorwa kiri mu rwego rwo kurwanya imirire…

Read more →

Umurenge wa Gatumba: Hunamiwe inzirakarengane ku nzibutso 3

Ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje mu Karere ka Ngororero.  Uyu munsi habaye igikorwa cyo kunamira…

Read more →

Ngororero: Minisitiri w'Intebe yunamiye inzirakarengane ziruhukiye mu rwibutso rwa Ngororero

Nyakubahwa Minisitiri w'Intebe Dr Justin Nsengiyumva   yaje kwiftanya n'abatuye Akarere Ngororero mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside…

Read more →
-->