Ngororero: Abakozi bibukijwe kujya basura inzibutso za Jenoside yakorerwe Abatutsi mu 1994

Uyu munsi mu Karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byakomeje. Abakozi b'Akarere bibutse abahoze ari abakozi b'amakomini ubu yibumbiye mu Karere ka Ngororero.  Igikorwa cyabanjirijwe n'urugendo rwo kwibuka rwahereye ku biro by'Akarere rwerekeza ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ngororero ahunamiwe inzirakarengane ziruhukiye muri uru rwibutso bashyiraho indabo.
Nanone hunamiwe abahoze ari  abakozi b'Amakomini ubu yibumbiye mu Karere ka Ngororero hashyirwa indabo kuri monument yabo.
Ibindi byaranze igikorwa:
- Ikiganiro ku mateka ya Jenoside   Abatutsi mu Rwanda, cyaranzwe n'Umujyanama wa Komite Nyobozi Bwana Mutwarangabo Innocent;
- Ubuhamya bwa Mukandinda Genevieve warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 wavuze ku bwicanyi ndengakamere bwaranze Jenoside yakorewe Abatutsi: maman we bamuroshye muri tuwaleti acuramye.
- Ubutumwa bwa Perezida wa IBUKA mu Karere  wasabye ko abakozi bajya bafata umwanya wo  gusura inzibutso bikabafasha gucengera amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi. 
- Gucana urumuri rw'icyizere.
- Ijambo ry'Umushyitsi mukuru Mayor Nkusi Christophe wasabye buri wese kwimakaza gahunda y'ubumwe n'ubudaheranwa  bw'Abanyarwanda bwo musingi wo kwibuka twitubaka duharanira iterambere rirambye buri wese abigizemo uruhare.
Ati ubumwe bwacu bukomeze kuba imbaraga zacu.
- Kuremera uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ahabwa inka.
Igikorwa cyitabiriwe kandi n'Umuyobozi w'Inama Njyanama y'Akarere Madamu Nyiramasengesho Jeannette n’abandi bajyanama, abayobozi b'Inzego z'Umutekano zikorera mu Karere,  ba Perezida ba Ibuka na Avega mu Karere,  Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge n'ab'utugari,  abayobozi ba CNF, CNJ, NCPD, PSF; abayobozi b'ibigo by'imari, abayobozi n'abaturage b'umurenge wa Ngororero,....
Bakiriwe n'Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe ari kumwe n’abandi bagize Komite Nyobozi n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere Bwana Bahizi Emmanuel. 
#Twbuketwiyubaka.


Ngororero: Abakozi bibukijwe kujya basura inzibutso za Jenoside yakorerwe Abatutsi mu 1994

Uyu munsi mu Karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byakomeje. Abakozi b'Akarere bibutse abahoze…

Read more →

Ngororero: Abaturage bashishikarijwe kwitabira Ubwishingizi bw’Ibihingwa n’Amatungo


Ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB-SPIU), habaye inama yo gukangurira no gushishikariza abaturage…

Read more →

Ngororero: Habonetse umushinga wo Kongerera Imbaraga Uguhangana n’Imihindagurikire y’Ibihe Hubahirizwa Ihame ry’Uburinganire


Umuyobozi w'Akarere, Bwana NKUSI Christophe, yakiriye itsinda rigizwe n’abakozi ba UN Women na MINEMA, riyobowe n’Umusesenguzi ushinzwe Guhuza Gahunda…

Read more →

Ibibazo Bibangamiye Ubugenzuzi bw’Iyubahirizwa ry’Amabwiriza Ahantu Hahurira Abantu benshi byaganiriweho


Kuri uyu wa 10/06/2026 habaye inama yari igamije gukemura ibibazo bibangamiye ubugenzuzi bw’iyubahirizwa ry’amabwiriza areba ahantu hahurira abantu…

Read more →

Ngororero:" Ufite aho kuba heza ntiwabura icyo kurya"- Ilibagiza Olive

Intumwa za Banki y'Isi zasuye Akarere ka Ngororero zireba uko amazu yubakiwe abaturage basenyewe n'ibiza ameze. Ni amazu yubatswe ku nkunga y'iyi…

Read more →

Umurenge wa Kavumu: Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yaranzwe n'ubwicanyi ndengakamere

Ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi birakomeje mu Karere ka Ngororero. 
Uy munsi ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi…

Read more →

Ngororero: ADEPR yunamiye abakristo bazize Jnoside yakorerwe Abatutsi mu 1994

ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje. 
Muri uyu mwanya harimo kwibukwa abari abakristo b'Itorero  ADEPR…

Read more →

Ngororero: Abasenateri basuye ibikorwa bifasha mu guhanga imirimo

Itsinda  ry'Abasenateri bo muri   Komisiyo y'imibereho myiza y'abaturage, Uburezi,  ikoranabuhanga n'Urubyiruko riyobowe na Hon. Dusingizemungu Jean…

Read more →

Amashuli yashishikarijwe gukoresha ifu y’ibigori byuzuye kandi byongewemo intungamubiri

Uyu munsi tariki ya 3 Kamena 2026 muri Hoteli FALIBA, habereye amahugurwa ku ikoreshwa ry’ifu y’ibigori byuzuye kandi byongewemo intungamubiri…

Read more →
-->