Umushinga Save the Children urashimirwa uruhare rwawo mw'ireme ry'uburezi
Kuwa 19/12/2019 kuri Guest house ya Ngororero habereye inama yateguwe n’umufatanyabikorwa w’Akarere Save the Children wari uhagarariwe na Bwana Dr Julien Nteziman. Iyo nama yitabiriwe kandi n’Intumwa y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi (REB) Bwana NDAHAYO Appolinaire, abahagarariye inzego z’Umutekano Lt Col.NDENGEYINKA John Umuyobozi w’Ingabo mu turere twa Ngororero na Rutsiro na SP MAYINGA Alphonse Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Ngororero, hari kandi abakozi b’Akarere bafite mu nshingano gukurikirana amarerero y'abana bato ECDs, n’umukozi ushinzwe ibikorwa bya JADF.

Save the Children itera inkunga amarerero y'abana bato (ECDs)
Ibyaganiriweho :
1. Kugaragaza ibyavuye mu bushakashatsi ku mushinga ushyirwa mu bikorwa na Save the Children “Advancing School Readiness project” : ibyagezweho n’impinduka byazanye nyuma y’imyaka 2 bamaze bakorera mu Karere.
2. Gushyikiriza ubuyobozi bw’Akarere ibikoresho n’inyandiko byakoreshejwe muri phase ya mbere y’umushinga.
3. Kugaragaza ibizakorwa muri phase 2 y’Umushinga
Nyuma y’ibiganiro byatanzwe no kubyunguranaho ibitekerezo hatanzwe inama zitandukanye n’ibyifuzo hanafatwa ingamba zikurikira :
- Hashimwe ibikorwa bya Save the children uburyo zifasha gushimangira ireme ry’uburezi kuva umwana akiri muto binyuze mu gushyira imbaraga mu burezi bw’incuke, ndetse hanashimirwa abantu bose n’inzego zagize uruhare mu gushyira mu bikorwa uwo mushinga..
- Save the children ifatanije n’ubuyobozi bw’Akarere bagomba gushyira imbaraga mu gusigasira ibyagezweho kugirango bizarambe n’igihe uyu mushinga uzaba yashoje ibikorwa byayo.
Umuyobozi w’ingabo mu Karere ka Ngororero na Rutsiro yashimiye ibimaze kugerwaho binagaragarira mu musaruro uboneka mu bizamini binyuranye abanyeshuli bakora, iterambere ry’indimi;… Yibukije kandi ko kuzamura ireme ry’uburezi bigomba kujyana n’umutekano. Bityo abasaba no gutekereza ku bindi bibangamira uburezi nk’imirimo mibi ikoreshwa abana, kabyara abana barenze ubushobozi bw'ababyeyi, gucikisha amshuli...
Hagomba gushyirwa imbaraga mu bukangurambaga kugirango hatazagira umwana ucikwa n’amahirwe yo kwiga amashuri y’incuke kuko atuma bazamukana imbaraga mu mashuri abanza.
Mu Karere ka Ngororero hizihijwe umunsi wahariwe ingo mbonezamikurire (ECD DAY) no kurwanya igwingira. Igikorwa cyabereye mu murenge wa Kabaya.…
Uyu munsi mu murenge wa Kavumu habaye igikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro umushinga wa CACCE ugamije gufasha abaturage guhangana n’imihindagurikire…
Abakozi b'Akarere ka Ngororero bari kumwe na Komite Nyobozi y'Akarere n'abayobozi b'inzego z'umutekano bizihije ibirori by'Umunsi Mpuzamahanga…
Mu ma Paroisse Gatolika yo mu Karere ka Ngororero habereye ibirori byo gusoza icyumweru cyahariwe uburezi Gatolika ku nsanganyamatsiko igira iti:…
Kuri uyu wa gatandatu tariki 2/05/2026 mu Karere ka Ngororero habereye inama igamije gushimangira ikurikiranwa n’ingamba zo kurwanya indwara ya…
Ihuriro ry’Imiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda
(CLADHO: Collectif des Ligues et Associations de Défense des Droits de l’Homme au…
Itsinda ryaturutse muri Tony Blair Institute ryaje mu Karere ka Ngororero aho ryaje gukora ubushakashatsi ku bijyanye n'imikorere y'inzego .z'ibanze…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…