Umushinga Save the Children urashimirwa uruhare rwawo mw'ireme ry'uburezi
Kuwa 19/12/2019 kuri Guest house ya Ngororero habereye inama yateguwe n’umufatanyabikorwa w’Akarere Save the Children wari uhagarariwe na Bwana Dr Julien Nteziman. Iyo nama yitabiriwe kandi n’Intumwa y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi (REB) Bwana NDAHAYO Appolinaire, abahagarariye inzego z’Umutekano Lt Col.NDENGEYINKA John Umuyobozi w’Ingabo mu turere twa Ngororero na Rutsiro na SP MAYINGA Alphonse Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Ngororero, hari kandi abakozi b’Akarere bafite mu nshingano gukurikirana amarerero y'abana bato ECDs, n’umukozi ushinzwe ibikorwa bya JADF.

Save the Children itera inkunga amarerero y'abana bato (ECDs)
Ibyaganiriweho :
1. Kugaragaza ibyavuye mu bushakashatsi ku mushinga ushyirwa mu bikorwa na Save the Children “Advancing School Readiness project” : ibyagezweho n’impinduka byazanye nyuma y’imyaka 2 bamaze bakorera mu Karere.
2. Gushyikiriza ubuyobozi bw’Akarere ibikoresho n’inyandiko byakoreshejwe muri phase ya mbere y’umushinga.
3. Kugaragaza ibizakorwa muri phase 2 y’Umushinga
Nyuma y’ibiganiro byatanzwe no kubyunguranaho ibitekerezo hatanzwe inama zitandukanye n’ibyifuzo hanafatwa ingamba zikurikira :
- Hashimwe ibikorwa bya Save the children uburyo zifasha gushimangira ireme ry’uburezi kuva umwana akiri muto binyuze mu gushyira imbaraga mu burezi bw’incuke, ndetse hanashimirwa abantu bose n’inzego zagize uruhare mu gushyira mu bikorwa uwo mushinga..
- Save the children ifatanije n’ubuyobozi bw’Akarere bagomba gushyira imbaraga mu gusigasira ibyagezweho kugirango bizarambe n’igihe uyu mushinga uzaba yashoje ibikorwa byayo.
Umuyobozi w’ingabo mu Karere ka Ngororero na Rutsiro yashimiye ibimaze kugerwaho binagaragarira mu musaruro uboneka mu bizamini binyuranye abanyeshuli bakora, iterambere ry’indimi;… Yibukije kandi ko kuzamura ireme ry’uburezi bigomba kujyana n’umutekano. Bityo abasaba no gutekereza ku bindi bibangamira uburezi nk’imirimo mibi ikoreshwa abana, kabyara abana barenze ubushobozi bw'ababyeyi, gucikisha amshuli...
Hagomba gushyirwa imbaraga mu bukangurambaga kugirango hatazagira umwana ucikwa n’amahirwe yo kwiga amashuri y’incuke kuko atuma bazamukana imbaraga mu mashuri abanza.
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…