Umurenge wa Nyange: Intwari z'Imena z'Abanyeshuli b'i Nyange zikomeje kuratwa ibigwi
Ku Gicumbi cy'Ubunyarwanda giherereye mu Ishuli ryisumbuye rya Nyange habereye ibirori byo kwizihiza ku nshuro ya 29 ubutwari bw'Intwari z'IMENA z'abanyeshuli b'i Nyange.
Hari mw'ijoro ryo kwa 18 rishyira uwa 19/03/1997 ubwo abicanyi bateraga iri shuli bagategeka abanyeshuli kwitandukanya bakurikije icyitwaga amoko y'icyo gihe bakabatsembera bagira bati: "Twese turi abanyarwanda" bityo baba babibye imbuto ya "Ndi Umunyarwanda" ubu yinjiye mu nateka y'u Rwanda ndetse n'isi yose.
Umunsi waranzwe no:
- gusura igicumbi cy'Ubunyarwanda hasonanurwa amateka y'ubutwari bw'Intwari z'IMENA z'abanyeshuli b'i Nyange;
- kunamira izi Ntwari hashyirwa indabo aho zirihukiye;
- imbyino z'amatorero atandukanye zarataga ibigwi by'Intwari z'u Rwanda.
Mu ijambo yagejeje ku mbaga y'abitabiriye ibi birori Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Uburezi yagejeje impanuro ku rubyiruko n'abandi bitabiriye ibirori agira ati:
"Rubyiruko mukomere ku ndangagaciro nyarwanda zirimo ubutwari, gukunda igihugu, kugikorera no kucyitangira igihe bibaye ngombwa.
Dusigasire umurage Intwari z'Igihugu badusizemo, duharanire ko u Rwanda rukomeza kuba igihugu cyuje ubumwe, ubudaheranwa n'iterambere rirambye."
Ibirori byitabiriwe kandi n'Umuyobozi w'Urwego rushinzwe Intwari z'Igihugu,impeta n'imidari y'ishimwe Chancellor NGARAMBE François, Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba Bwana Ntibitura Jean Bosco, abayobozi i batandukanye barimo inzego z'umutekano ku rwego rw'Intara n'Akarere, Umuyobozi wa REB, abayobozi b'Uturere twa Ngororero. Karongi , Rusizi na Muhanga, abagize itsinda "KOMEZUBUTWARI", abanyeshuli, abaturage n'abayobozi b'umurenge wa Nyange.
Ku Gicumbi cy'Ubunyarwanda giherereye mu Ishuli ryisumbuye rya Nyange habereye ibirori byo kwizihiza ku nshuro ya 29 ubutwari bw'Intwari z'IMENA…
Kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abarwayi ku Bitaro bya Kabaya
Mu Bitaro by’Akarere bya Kabaya habereye ibirori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga…
Itsinda ryaturutse mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare NISR riyobowe na Bwana
Kamanzi Jean Filbert Shingiro bari mu Karere ka Ngororero aho…
Kuri uyu wa mbere tarikivya 9/03/2026 habaye amatora ya Komite Nyobozi na Nkemurampaka y'urugaga rw'Abikorera mu Karere ka Ngororero (PSF) ku rwego…
Umunsi mukuru mpuzamahanga w'umugore wizihijwe mu mirenge yose igize Akarere ka Ngororero. Ku rwego rw'Akarere igikorwa cyabereye mu murenge wa…
Kuri uyu wa kane tariki ya 04 Werurwe 2026, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwakomeje ubushakashatsi burimo gukorwa mu karere ka Ngororero, aho…
Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…
Kuri uyu wa mbere tariki 2/03/2026 abaye inama yo gusoza ku mugaragaro Porogaramu ya Climate Just Communities (CJC).
Yayobowe n’Umuyobozi w’Akarere…