Umurenge wa Nyange: Icyogogo cy'umugezi wa Secoko cyitaweho


Minister Biruta asesekaye mu murenge wa Nyange hafi y'umugezi wa Secoko
Kubungabunga ibidukikije ni ihame muri gahunda za guverinoma y'u Rwanda. Ni muri urwi rwego mu ntangiriro z'ukwezi kwa 10 Minisitiri w'Ibidukikije Hon. Vincent Biruta yakoreye uruzinduko mu murenge wa Nyange.
Uru ruzinduko rwari rugamije kureba aho ibikorwa byo kubungabunga icyogogo cy'umugezi wa Secoko bigeze. Hasuwe ahategurirwa Imigano izaterwa ku migezi ndetse n'ahacukuwe imirwanyasuri. Ibikorwa biri gukorwa neza kandi byatangiye gutanga umusaruro wo kugabanya umuvuduko w'amazi yiroha mu mugezi wa Secoko nawo ujya muri Nyabarongo. Hon. minister yasabye ko ntahagomba gusigara hatarwanyijwe isuri.


Ahatunganyirizwa ingemwe z'imigano yo kurengera icyogogo cy'umugezi wa Secoko
Yari aherekejwe na Bwana Mugabo umuyobozi w'Ishami ry'Amashyamba, Bwana Tetero umuyobozi w'ishami ry'amazi bose bo mukigo RWFA. Aba bashyitsi bakiriwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe ubukungu Bwana Uwihoreye Patric nawe ari kumwe na Kayitsinga Jean Ushinzwe amashyamba n'umutungo Kamere mu karere ka Ngororero ndetse na Mukasano Gaudence Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'umurenge wa Nyange.

Urubyiruko rwahawe akazi muri pepinnyeri
Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…