Umurenge wa Muhanda: Umushinga LAFREC ukomeje kubungabunga ibidukikije mu nzuri za Gishwati
Nyuma y'uruzindiko Umuyobozi Mukuru wa REMA Madamu Kabera Juliet na Madamu Amaliza Vivine LAFREC Project Coordinator bari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere ka Ngororero Bwana NDAYAMBAJE Godefroid bagiriye mu nzuri za Gishawati (30/07),bakagenzura ibikorwa byo gutunganya izi inzurii kuri hegitari 89; Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Uburengerazuba Madame UWAMBAJEMARIYA Florence ari kumwe n’Umuyobozi ushinzwe iterambere Bwana NYAMASWA Emmanuel, nabo basuye ibikorwa by’Umushinga LAFREC mu Karere ka Ngororero. Bari baherekejwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe ubukungu, Bwana UWIHOREYE Patrick ari kumwe n’Umukozi w’Umushinag LAFREC hamwe n’abatechniciens ba RF.
Basuye imirimo ijyanye no gutunganya inzuri za Gishwati. Nyuma yo gusura ahari gukorerwa iyi imirimo bishimiye aho iki gikorwa kigeze ariko basaba ko hashyirwamo imbaraga kugira ngo abagenerwabikorwa barusheho kubigira ibyabo; bityo bifashe mukongera uburambe bwabyo. Hasabwe kandi gukomeza gukora imyiteguro yo gusimbuza ibiti byapfuye no kongera aho bitagaragara.
Ubu hari gutegurwa ingemwe zizifashishwa mugusimbuza ibyapfuye hakazabaho no gusinyana amasezerano n'aborozi yo kubungabunga ibiti biteye mu nzuri zabo.Uyu mushinga ushyirwa mubikorwa n'akarere kubufatanye na Reserve force ku nkunga ya LAFREC.
Hanasuwe kandi ahakozwe amaterasi ndinganire ndetse n’ahakorerwa ubworozi bw’ingurube bwa kijyambere mu Murenge wa Bwira aho basanze zimeze. Bagaragarijwe n’abagenerwabikorwa ko bakunda guhura n’iikibazo cy’isoko ryazo.
Hagaragajwe kandi ko hagomba gukazwa ingamba muguca burundu ibikorwa bitemewe by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro byangiza ibidukikije.


Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…