Ngororero/Covid-19: Command Posts zirasabwa kongera ingufu mu bukangurambaga
Kuri uyu wakabiri tariki ya 4/08/2020 umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid yayoboye inama yasuzumye aho Akarere kageze gakumira ikwirakwira rya COVID-19.
Harebwe ibyakozwe, uko bihagaze ubu mu Karere n'ingamba zafatwa mu gukomeza gukumira.
Muri bimwe mu byakozwe hari uko abaturage 52,229 bakorerwe screening mu bitaro no mu bigo nderabuzima. Nta bimenyetso bya Coronavirus bagaragaje.
Bakanguriwe kwambara agapfukamunwa, gukaraba intoki kenshi n'amazi meza n'isabune, guhana intera ya metero hagati y'umuntu n'undi, gukoresha kandagirukarabe, kwishyura hifashishijwe ikoranabuhanga....
Uko bihagaze ubu: ubukangurambaga burakomeje, abaturage bakomeje imirimo yabo ya buri munsi. Bazi neza ko icyorezo ntaho cyagiye ko ahubwo bagomba gukomeza kugikumira.


Hagaragajwe impungenge z'uko haba harabaye kudohoka mu bukangurambaga. Kuko nko kwambara neza agapfukamunwa, guhana intera nibura ya metero 1, kwirinda utubari mu ngo ntibyubahirizwa uko bikwiye. Aha command posts kuva ku karere kugeza kw'isibo y'umudugudu zasabwe kongera ingufu zidasanzwe mu bukangurambaga.
Mayor NDAYAMBAJE yavuze ko kuba insengero zigenda zihabwa uburenganzira bwo gufungura ari ngombwa gukaza ingamba zo gukomeza gukumira Coronavirus.
Hari amashuli yifashishijwe mu kuba yakwakira abashyirwa muri isolement. Hagomba gutekerezwa icyayasimbura aramutse atangiye mu kwezi kwa 9.
Hemejwe ko hashakwa ahantu hatandukanye hakwakirirwa abarwayi bataragaraza ibimenyetso n'ababifite igihe babonetse.
Tariki ya 5/08/2020 amatsinda 2 azashaka ahakwakira bariya barwayi igihe babonetse.
Inama yitabiriwe na komite Nyobozi y'Akarere, abayobozi bakuru b'ibitaro bya Muhororo na Kabaya na bamwe mu bakozi babyo, inzego z'umutekano n'abakozi no mw'ishami ry'ubuzima. 


Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…