Ngororero: Urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge rurakomeje
Kuri uyu wa 4/02/2020 inama mpuzabikorwa ku kurwanya ibiyobyabwenge
yabereye kuri Hotel RUFRABU iyoborwa n'Umuyobozi Mukuru muri Minaloc Bwana Bahame Hassan washimiye Akarere ka Ngororero intambwe kamaze gutera mu kurwanya ibiyobyabwenge. Bwana Bahame yanavuze no kw'isuku nk'imwe mu ntwaro mu kurwanya indwara zirimo iz'ibyorezo nka Coronavirus.

Intumwa ya minisiteri y'ubutabera Bwana Ntukanyagwe Valens yongeyeho ko kurwanya ibiyobyabwenge ari inshingano ya buri wese kandi ko abayobozi bagomba gukomeza gukaza umurego. Yavuze ko nubwo iterambere ritiza umulindi ikoreshwa ry'ibiyobyabwenge bitaba impamvu yo gucika intege.


Bwana Ntukanyagwe yanibukije ko ibiyobyabwenge bigira ingaruka mbi kw'iterambere ry'umuryango n'Igihugu muri rusange. Umuyobozi wa police SP A.Mayinga yavuze ko ibiyobyabwenge byagabanutse ariko ko hakiboneka inzoga z'inkorano.

Dufatanye Edmond intumwa ya RBC yashimangiye ko ibiyobwenge ari uburozi bwica ko ababicuruza nabo ari abicanyi. Ari nayo mpamvu bagomba gukurikiranwa kuko ngo uhishira umurozi akakumara ku rubyaro. Mu kungurana ibitekerezo abari mu nama basabye ko komite zo kurwanya ibiyobyabwenge ku Karere, imirenge n'utugari zarangiza neza inshingano zahawe.

Umuyobozi w'Akarere Bwana Ndayambaje Godefroid yavuze ko we n'abo bafatanya mu kazi batazahwema guharanira kugira abaturage bazima baciye ukubiri n'ibiyobyabwenge. Yasabye intore z'urubyiruko gufasha kurandura ibiyobyabwenge by'umwihariko muri bagenzi babo .
Bwana NDAYAMBAJE yasabye abahura kenshi n'urubyiruko nk'abayobozi b'ibigo by'amashuli kugenzura niba clubs antidrugs zikora neza. Yavuze ku cyorezo cya Corona virus asaba buri wese kuba amaso ngo kitazinjira mu Rwanda.
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…