Ngororero: urubyiruko rurasabwa kutarangazwa na social media zigaragraho ingengabitekerezo ya jenoside
Ni umwe mu myanzuro y'inama y'igihembwe yahuje ubuyobozi bw'Akarere ka Ngororero n'abakozi ba Komisiyo y'Igihugu y'Ubumwe n'Ubwiyunge hifashishijwe ikoranabuhanga rya Webex meetings.
Baganiriye ku ngingo zikurikira:
1. Ishyirwamubikorwa rya gahunda y'ibikorwa 2019-2020
2. Gahunda y'ibikorwa 2020- 2021
Nyuma yo kuganira kuri izi ngingo hafashwe imyanzuro ikurikira:
1.Gukomeza kwimika, gusigasira ubunyarwanda n'ubumwe n'ubwiyunge byo nkingi y'iterambere rirambye.
2. Kwita ku bibazo bikibangamiye ubumwe n'ubwiyunge (kwita ku bafungurwa basubizwa mu buzima busanzwe no kubahuza n'abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi bakorerwa isanamitima)
3.Kwita ku rubyiruko ubu rushaka kurangazwa na Social media bakamenya gushishoza kugirango batifatanya n'abafite ingengabitekerezo ya Jenoside bari hanze y'Igihugu bavuga u Rwanda nabi.
4.Gukomeza gahunda y'ikiganiro cya Ndi umunyarwanda k'uburyo bw'imbitse mu baturage
mu tugari.
5.gutegura neza ukwezi kwahariwe kuzirikana ubumwe n'ubwiyunge hakoreshwa radio z'abaturage mu gutanga ubutumwa muri iki gihe cya Covid-19.
6.Kwita ku mihigo muri rusange ikagaragara muri action plan y'akarere n'iy'imirenge mu rwego rwo kuyiha agaciro.
Inama yitabiriwe:
1. Kuruhande rw'Akarere
Komite nyobozi
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere
Abakuriye inzego z'umutekano ku karere
Umuyobozi w'ishami ry'imiyoborere myiza
Umuyobozi w'ishami ry'uburezi
Umuyobozi w'ishami ry'igenamigambi
Umukozi ushinzwe ibikorwa by'ubumwe n'Ubwiyunge(Umutahira)
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge.
2. Ku ruhande rwa NURC:
Komiseri muri NURC Bwana Muhire Louis Antoine akaba n'imboni y'Akarere ka Ngororero
Bwana Renzaho Giovanis umuhuzabikorwa wa Komisiyo y'Igihugu y'Ubumwe n'Ubwiyunge mu ntara y'Iburengerazuba.
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…