Ngororero: Umuvunyi mukuru yahamagariye abaturage kurwanya ruswa n'akarengane
Umuvunyi mukuru Bwana Anastase Murekezi yifatanije n'abaturage b'umurenge wa Ngororero mu inteko z'abaturage zabereye kuri stade ya Ngororero kuri uyu wa kabiri 25/02/2020.Yaje aherekejwe n'intumwa y'Ubumwe bw'ibihugu by'iBurayi, intumwa ya guverineri w'Intara y'Iburengerazuba, inzego z'umutekano n'abakozi b'urwego rw'umuvunyi. Bakiriwe n'umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid.
Bwana Murekezi yaganiriye n'abaturage abahamagarira kurwanya ruswa n'akarengane haba mu miryango no mu buyobozi. Yanabigiriye inama zo kubaha ibyemezo n' imyanzuro y'inzego z'ubutabera kimwe n'iz'abunzi igihe biciye mu mucyo. Gusa ngo umuturage mu bushishozi bwe yumvise ko arengana yajurira. Kandi akubahiriza igihe cy'iminsi 30 igenwa n'itegeko. Yanabasobanuriye igihe bitabaza urwego rw'umuvunyi.


Abaturage bakurikiye ikiganiro cy'umuvunyi mukuru
Umuvunyi mukuru yanavuze ku moko ya ruswa n'inzego zibonekamo anavuga ko abarya ruswa badindiza amajymbere, abaturage bagakena bigatuma hagati yabo n'ubuyobozi habura icyizere. Yagaye umuco ushyigikira ruswa ngo "umugabo atungwa n'izo aragiye, umugabo ni urya utwe akarya n'utw'abandi." Yasabye abaturage kugendera kure ruswa imunga ubukungu, ikambura umuntu uburenganzira ikanamurenganya.


Abaturage bahawe umwanya muremure wo kubaza
Ibibazo yasanze mu murenge wa Ngororero bishingiye ku ngurane abaturage batahawe na REG, RTDA. Aba ngo bagomba kwishyura imyenda bitarenze umwaka w'ingengo y'imari 2020/2021.
Umuvunyi mukuru yashimye uburyo ubuyobozi bw'Akarere bwitwaye mu gukemura ibibazo by'abaturage nk'ibijyanye n'imitungo y'abaturage bari barahunze mu 1959. Yaje gusaba abaturage kwamagana abarya ruswa kabone niyo baba ari abayobozi babo.
Abaturage bahawe umwanya uhagije wo kubaza. Umuvunyi mukuru n'ubuyobozi bw'akarere babateze combi maze batanga ibisubizo n'umurongo. Inama yatangiye ahagana15h00 irangira ahagana 19h30.
Abakozi b'urwego rw'umuvunyi banifatanaji kandi n'abaturage b'imurenge ya Muhanda, Bwira, Gatumba na Nyange.


Mayor Ndayambaje aha ikaze abashyitsi Intumwa y'ubumwe bw'ibihugu by'Iburayi
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…