Ngororero: Umuvunyi mukuru yahamagariye abaturage kurwanya ruswa n'akarengane

Umuvunyi mukuru Bwana Anastase Murekezi yifatanije n'abaturage b'umurenge wa Ngororero mu inteko z'abaturage zabereye kuri stade ya Ngororero kuri uyu wa kabiri 25/02/2020.Yaje aherekejwe n'intumwa y'Ubumwe bw'ibihugu by'iBurayi, intumwa ya guverineri w'Intara y'Iburengerazuba, inzego z'umutekano n'abakozi b'urwego rw'umuvunyi. Bakiriwe n'umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid.
Bwana Murekezi yaganiriye n'abaturage abahamagarira kurwanya ruswa n'akarengane haba mu miryango no mu buyobozi. Yanabigiriye inama zo kubaha ibyemezo n' imyanzuro y'inzego z'ubutabera kimwe n'iz'abunzi igihe biciye mu mucyo. Gusa ngo umuturage mu bushishozi bwe yumvise ko arengana yajurira. Kandi akubahiriza igihe cy'iminsi 30 igenwa n'itegeko. Yanabasobanuriye igihe bitabaza urwego rw'umuvunyi.

                             Abaturage bakurikiye ikiganiro cy'umuvunyi mukuru
Umuvunyi mukuru yanavuze ku moko ya ruswa n'inzego zibonekamo anavuga ko abarya ruswa badindiza amajymbere, abaturage bagakena bigatuma hagati yabo n'ubuyobozi habura icyizere. Yagaye umuco ushyigikira ruswa ngo "umugabo atungwa n'izo aragiye, umugabo ni urya utwe akarya n'utw'abandi." Yasabye abaturage kugendera kure ruswa imunga ubukungu, ikambura umuntu uburenganzira ikanamurenganya.

                                  Abaturage bahawe umwanya muremure wo kubaza
Ibibazo yasanze mu murenge wa Ngororero bishingiye ku ngurane abaturage batahawe na REG, RTDA. Aba ngo bagomba kwishyura imyenda bitarenze umwaka w'ingengo y'imari 2020/2021.
Umuvunyi mukuru yashimye uburyo ubuyobozi bw'Akarere bwitwaye mu gukemura ibibazo by'abaturage nk'ibijyanye n'imitungo y'abaturage bari barahunze mu 1959. Yaje gusaba abaturage kwamagana abarya ruswa kabone niyo baba ari abayobozi babo.
Abaturage bahawe umwanya uhagije wo kubaza. Umuvunyi mukuru n'ubuyobozi bw'akarere babateze combi maze batanga ibisubizo n'umurongo. Inama yatangiye ahagana15h00 irangira ahagana 19h30.
Abakozi b'urwego rw'umuvunyi banifatanaji kandi n'abaturage b'imurenge ya Muhanda, Bwira, Gatumba na  Nyange.

Mayor Ndayambaje aha ikaze abashyitsi         Intumwa y'ubumwe bw'ibihugu by'Iburayi


Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →

Ngororero: Abaveterineri biyemeje gushyira umworozi ku isonga

Umuyobozi w'Akarere  Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…

Read more →

Umurenge wa Kabaya: "Ikinyarwanda ni ururimi ruduhuza tukivuge, tucyandike neza"- Guverineri Ntibitura

Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…

Read more →

Umurenge wa Ngororerowegukanye ibikombe 2 (gore, gabo) mu marushanwa y'UCP

Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…

Read more →
-->