Ngororero: Uko urugamba rwo gukumira no kwirinda Coronavirus rwagenze mu kwezi kwa Werurwe 2020. AMATARIKI Y'INGENZI
Inzego z'ubuyobozi bw'Akarere zifatanije n'iz'umutekano n'abaturage bari ku rugamba rwo kurwanya icyorezo cya Coronavirus. Ingamba zirafatwa umunsi ku wundi, umusaruro uragenda uboneka: Gukaraba intoki kenshi byinjiye mu buzima bwa buri munsi, gusuhuzanya n'ibiganza byaracitse, abaturage bakomeje gukangurirwa kubahiriza intera nibura ya metero 1 hagati y'umuntu n'undi ... Gusa urugendo rurakomeje kuko kurwanya Covid-19 ni uguhozaho. Dore uko byifashe mu kwezi kwa 3 turangije:
Kuwa 17/03/2020
Inzego zose kuva ku mudugudu kugeza ku Karere zikomeje urugamba rwo gukumira no kwirinda iki cyorezo. Hirya no hino mu mirenge abaturage bakomeje gukangurirwa kugira isuku bakaraba intoki kenshi bakoresha KANDAGIRA UKARABE. Kandi bamaze kubyumva.
Izi kandagira ukarabe ziragaragara ahantu hose hahurira abantu benshi, inama ziciriritse zirakorwa hubahirijwe amabwiriza yo gushyira intera igaragara hagati y'umuntu n'undi.


Kuwa19/03/2020
Task Force y'Akarere kuri COVID-19 yateranye
iyobowe na Bwana NDAYAMBAJE Godefroid umuyobozi w'Akarere ka Ngororero.
Yitabiriwe na ba V/Mayors bombi, umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere, abakuriye inzego z'umutekano zose ku rwego rw'Akarere, ba DGs b'ibitaro by'Akarere bya Muhororo na Kabaya, abakozi bo mw'ishami ry'ubuzima n'abandi bagize COVID-19 Taskforce ku rwego rw'Akarere.
Ibyakozwe :
1.Hagaragajwe ibyiciro (Cells) bigize COVID-19 Taskforce ku rwego rw'Akarere, abagize ibyo byiciro, inshingano n'imikorere bya buri cyiciro.

2.Nyuma yo kungurana ibitekerezo muri rusange harebwa uko buri cyiciro cyarangiza neza inshingano zacyo, habayeho inama ya buri cyiciro hashyirwaho ingengabihe y'uko bazajya bakorana.
3.Hatanzwe ubutumwa bwo gukomeza gushishikariza abaturage kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus bubahiriza amabwiriza atangwa n'inzego z'ubuzima harimo kunoza isuku,
kwirinda gusuhuzanya bahana ibiganza,
kwirinda ibikorwa byose bihuriza abantu benshi hamwe,
kwirinda ingendo zitari ngombwa,
kwirinda ibihuha bubahiriza amabwiriza yose atangwa n'inzego zibifitiye ububasha.
4.Hafashwe ingamba zo gukomeza kugeza ku baturage amakuru kuri Coronavirus uburyo bwo kuyirinda no kuyikumira hifashishijwe ubukangurambaga mu mirenge yose.
JOC z'imirenge yose zaganirye ku kwirinda no gukumira icyorezo Coronavirus
Ziyemeje gukomeza gukwirakwiza ubutumwa bwa minisiteri y'ubuzima bukurikira:
• Gukaraba ibiganza inshuro nyinshi ukoresheje isabune cg alukolo yagenewe gusukura ibiganza (hand sanitizers)
• Kwirinda kuramukanya bahana ibiganza cg bahoberana
• Kwirinda kwikora ku munwa, amazuru no mu maso;
• Kwirinda ingendo zitari ngombwa cyane cyane ahantu hari abantu benshi;
• Gusiga nibura metero imwe hagati y’abarimo kuvugana;
• Kwirinda kwegera abandi mu gihe warwaye inkorora cg ibicurane.
Iyi ndwara yandura mu buryo bwihuse, cyane cyane aho abantu bahurira ari benshi binyuze mu matembabuzi aturuka mu guhumeka, kwitsamura, gukorora cg guhana ibiganza n’umuntu wayanduye.
Ibimemyetso bya Koronavirusi birimo kugira ibicurane, umuriro mwinshi, umunaniro ukabije, inkorora ijyana no kababara mu muhogo, guhumeka nabi.
Uwagaragaza ibi bimenyetso ahamagara kuri telefone itishyurwa 114 cg 3045 cyangwa akamenyesha umujyanama w’ubuzima umwegereye.
Kuwa 20/03/2020
Ubukangurambaga ku kwirinda no gukumira Coronavirus burakomeje
1. Umurenge wa Gatumba washyizeho uburyo gudasanzwe bwo gukarabya abantu 8 icyarimwe ku marembo y'isoko rya Rusumo. Ni uburyo bwatekerejweho bwo kwihutisha iki gikorwa bituma abarema isoko badatinda ku marembo yaryo.

2 . Umunyamabanga nshingwabikorwa w'Akarere ka Ngororero Bwana ABIYINGOMA Gerard yasuye imirenge ya Sovu, Kavumu na Kageyo. Yarebaga ishyirwamubikorwa ry’ababwiriza yashyizweho yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus. Yasabye abayobozi b'imirenge kongera Kandagirukarabe aho zidahagije ndetse no kurushaho kwigisha abaturage gukaraba kenshi, kwirinda guhana ibiganza birinda kwegerana, kwima amatwi ibihuha ku cyorezo cya Coronavirus bagakurikiza amabwiriza bahabwa n'inzego zibifitiye ububasha.
3. Mu murenge wa Matyazo abafatanyabikorwa ba VUP PW bakomeje ibikorwa byo gutunganya imihanda bubahiriza amabwiriza ya minisiteri y'ubuzima agamije gukumira no kurwanya icyorezo Coronavirus. Bakora bashyizemo intera nibura metero1 hagati y'umukozi n'undi. Basuwe kandi bagirwa inama yo gukomeza gukaza ingamba z'isuku n'isukura.
Kuwa 21/03/2020
Ubukangurambaga ku kwirinda no gukumira icyorezo cya Coronavirus mu Karere ka Ngororero burakomeje. Hifashishijwe insakazamajwi uyu munsi kuwa 21/03/2020 kuva 6h00 kugeza 14h00 igikorwa cyabereye mu murenge wa Gatumba mw'isoko no muri centre ya Cyome, mw'isoko no muri centre ya Ngororero mu murenge wa Ngororero no mw'isoko no muri centre ya Kabaya mu murenge wa Kabaya, muri centre ya Gasiza mu murenge wa Muhanda.


Umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid yari muri centre ya Ngororero no mw'isoko ryaho ari kumwe n'umuyobozi wa Police mu Karere, umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madame Mukunduhirwe Benjamine yakoreye muri centre ya Kabaya no mw'isoko ryaho, umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere Bwana Abiyingoma Gerard yari mw'isoko na centre ya Cyome. Muri rusange umuco wo gukaraba intoki umaze gucengera mu baturage.
Kuwa 23/03/2020
1.Mu karere ka NGORORERO habereye inama ya Taskforce Team yo kwirinda no gukumira COVID_19 ku rwego rw'Akarere. Yayobowe n'Umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid.
Yitabiriwe na:
-Abagize Komite Nyobozi y'Akarere.
-Umuyobozi w'Ingabo mu karere ka NGORORERO na Rutsiro,
-DPC wa DPU Ngororero
-Umuyobozi wa RIB mu karere,
-DASSO Coordinator mu karere,
-Umukozi Ushinzwe Isuku n'isukura mu karere,
-Abanyamabanga nshingwabikorwa b'Imirenge
Ingingo zizweho:
-Kurebera hamwe ibyavuye muri descente zakozwe ku ishyirwa mu bikorwa ry'ingamba zatanzwe na Minisitiri w'Intebe.
-Gufatira hamwe ingamba zo kurushaho gukora ubukangurambaga mu baturage mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yatanzwe na Minisitiri w'Intebe.
2. Uruzinduko rwa Mayor mu murenge wa Kabaya:
Nyuma ya saa sita umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid yasuye akagari ka Mwendo n'andi ma centres mu murenge wa Kabaya harebwa iyubahirizwa ry'amabwiriza yatanzwe na Nyakubahwa Prime Minister yo kwirinda no kurwanya ikwirakwira ry'icyorezo cya Corona virus. Abasuwe basabwe gukomeza kubahiriza amabwiriza yatanzwe kandi bagakomeza kugira isuku.
3.Ubukangurambaga mu tugari
Mu tugari 73 tugize Akarere hifashishijwe megaphones n'insakazamajwi ubukangurambaga ku kwirinda no gukumira icyorezo Coronavirus bwakomeje. Abaturage
bakomeje gutangarizwa amabwiriza yatanzwe na Nyakubahwa Minisitiri w'Intebe. Muri rusange biragaragara ko bamaze kumva ububi bw'iki cyorezo kandi barakora ibishoboka byose ngo kitabaca mu rihumye.


Kuwa 24 Gicurasi 2020
Ubukangurambaga ku kwirinda no gukumira icyorezo cya Coronavirus bwakomeje:
Umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid ari kumwe n'umuyobozi wa police mu Karere bakoreye mu murenge wa Sovu, VmASOC yari mu mirenge ya Muhororo na Gatumba, vm FED yakoreye mu murenge wa Kabaya naho umuyobozi w'ingabo mu turere twa Ngororero na Rutsiro yakoreye mu murenge wa Muhanda.
Hirya no hino mu tugari naho igikorwa kirakomeje hifashishwa megaphones. Muri rusange abaturage bamaze kumva ububi bwa Coronavirus kuko ntibagisohoka uko bishakiye nta mpamvu, bitabira gukaraba intoki kenshi kandi bubahiriza amabwiriza bahabwa na Minisitiri w'Intebe, Minaloc na Minisiteri y'ubuzima kimwe n'inzego z'umutekano. Gusa kubahiriza intera ya metero hagati y'umuntu n'undi biracyari ikibazo muri centres z'ubucuruzi Inzego z'ubuyobozi bw'Akarere zifatanije n'iz'umutekano zishyize imbaraga mu gukemura iki kibazo.
Kuwa 25 Werurwe 2020
1.Inama ya Task Force Coordination yateranye igamije kurebera hamwe aho Akarere kageze mu ngamba zo gukomeza kwirinda Covid 19.
Abayitabiriye:
- Abagize Comité Nyobozi y’ Akarere
- Umuyobozi w’Ingabo mu Karere Ka Rutsiro na Ngororero
-Umuyobozi wa Police mu Akarere
- Umuyobozi wa NISS mu Karere
-Umuyobozi wa RIB mu Karere
-DASSO Cordinator
- Umuyobozi mukuru w’Ibitaro bya Kabaya
- Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuzima
- Umukozi ushinzwe kwirinda indwara z’ibyorezo mu Akarere. Mu myanzuro ikomeye yafashwe harimo ko hashakwa Isolation sites 3 zakwifashishwa mu gihe haje abantu baturutse hanze y’igihugu cyacu bakekwaho ubwandu bwa Coronavirus aho bakurikiranwa n'abaganga mbere yo kujya mu ngo iwabo:
1.BUKA Secondary School(Zone kabaya)
2.ESI Kamashi(Zone Muhororo)
3.ADEC Ruhanga(Zone Muhororo)
Ubukangurambaga bwimbitse bwakomeje mu tugari twose hifashishijwe insakazamajwi.
2. Komite y'umutekano itaguye y'Akarere ka Ngororero iyobowe na Mayor Bwana NDAYAMBAJE Godefriod bari kumwe na DG w'ibitaro bya Kabaya basuye ikigo cy'amashuri cya IBUKA Kabaya mu rwego rwo kureba ahashobora kwakirirwa abagana Akarere baturutse hanze y'Igihugu mugihe cy'iminsi 14 bari mukato hagamijwe Kwirinda COVID-19.
3. Police y'Igihugu yafashije abaturage kugera iwabo.
Ni abantu18 yagiye isanga mu nzira bagenda n’amaguru bananiwe igenda ibashyira mu modoka kuva Kigali kugera ku Karere
Mu urwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rya COVID- 19 bahise bakorerwa Screening ya COVID -19 n’Ibitaro bya Muhororo.
Abakorewe screening bashimiye cyane service bahawe n’uko bakiriwe. By’umwihariko bashimiye Police y’Igihugu yabaruhuye ikabageza iwabo. Bakiriwe na Komite Nyobozi y'Akarere, inzego z'umutekano n'iz'abaganga.

4. Ubukangurambaga bwo kwirinda no gukumira Coronavirus.
Hifashishijwe insakazamajwi bwakorewe mu mirenge ya Nyange, Ndaro na Gatumba. Mu tugari igikorwa cyakomeje hifashishijwe megaphones.
Kuwa 26 Werurwe 2020
1.Croix Rouge y"u Rwanda mu kurwanya Coronavirus: Umuhuzabikorwa wa Coix-Rouge y’u Rwanda mu Karere Ka Ngororero na Nyabihu Bwana RIBAKARE Esron yashyikirije Akarere ka Ngororero Banderoles 8 na Affiches nyinshi zo gutanga ubutumwa bwo kwirinda no gukumira Icyorezo cya COVID-19
Ibyo bikoresho byakwirakwijwe mu mirenge.
Byakiriwe na Mayor NDAYAMBAJE Godefroid ari kumwe na DES Abiyingoma Gerard.
2. ADEC Ruhanga yatoranijwe muri sites zakwakira abantu muri zone ya Muhororo.
Komite y'umutekano itaguye y'Akarere ka Ngororero iyobowe na Mayor Ndayambaje Godefroid yahisemo Ikigo cy 'ishuri ADEC Ruhanga ko cyakwakira abaje bagana Akarere baturutse hanze yIgihugu mugihe cy'iminsi 14 bari mu kato
Kuwa gatanu 27 Werurwe 2020
1. Gahunda ya Girinka munyarwanda.
Mu rwego rw'iyi gahunda mu murenge wa Gatumba hatanzwe inka zihaka 38 naho muwa Nyange hatanzwe 27. Nyuma y'iki gikorwa habayeho ubukangurambaga ku kwirinda no gukumira Coronavirus.
2.Kurwanya nkongwa idasanzwe mu murenge wa Muhanda.
Byabereye mu kagari ka Mashya. Abahinzi berekewe uburyo iyi nkongwa irwanywa nyuma bakanguriwe kwirinda no gukumira Covid_19.
3.Command Posts zo gukumira no kwirinda Coronavirus.
Zateranye mu tugari twose.
Zirimo kugenzura umunsi ku wundi ishyirwa mu bikorwa ry'amabwiriza yatanzwe kimwe n'abaturage binjira bavuye hirya no hino mu gihugu. Ababonetse boherezwa kwa muganga bakazasubira mu midugudu bafite icyemezo cya Muganga.
4.Taskforce yo kwirinda no gukumira Covid_19 ikomeje mobilization.
➡️Umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid ari kumwe n'inzego z'umutekano, umukozi ushinzwe imishahara y'abarimu n'abaganga yakoreye mu murenge wa Gatumba aharemera isoko na centres z'ubucuruzi.
➡️vm FED Bwana Uwihoreye Patrick yakoreye mu murenge wa Hindiro ari kumwe n'umuyobozi wa Pharmacie y'Akarere.
➡️VmASOC Madame Mukunduhirwe Benjamine ari kumwe n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere Bwana Abiyingoma Gerard bakoreye mu murenge wa Kabaya aheremera isoko no mu ma centres y'ubucuruzi.
Abagize iyi Taskforce bagenzuraga niba amabwiriza yo kwirinda no gukumira Coronavirus ashyirwa mu bikorwa banasaba abaturage gukosora aho bagifite intege nke.
Kuwa 28/03/2020 Croix Rouge y"u Rwanda ifatanije n'Akarere ka Ngororero yakoze ubukanguramba ku kwirinda no gukumira Coronavirus.
Hifashishijwe imodoka irimo insakazamajwi (Sono mobile) bageze mu mirenge ya Ngororero, Matyazo, Kabaya na Muhanda. Bagiye bamanika ibyapa biburira abaturaga muri centres banyuzemo, ku biro by'utugari n'imirenge. Igikorwa kizakomereza no mu yindi mirenge.


Kuwa 30 Werurwe 2020
1.Inama ya Task force y'Akarere yo kurwanya Coronavirus.
Yateranye iyobowe n'Umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid.
Yitabiriwe na: komite Nyobozi y'Akarere, inzego z'umutekano n'abanyamabanga Nshingwabikorwa b'imirenge.
Yasanze ari ngombwa:
➡️gukomeza ubukangurambaga bwimbitse mu baturage, abayobozi b'utugari n'imidugudu hakaba bandebereho mu kwigisha abo bashinzwe.
➡️gukusanya intonde z'abagezweho n'ingaruka mbi za Coronavirus bagafashwa. Gahunda ikanozwa bitarenze 31/03/2020
➡️irondo ry'umwuga ryarushaho gukora neza rigahashya abakwitwaza "guma mu rugo" bakiba iby'abandi.
➡️gushyigikira "guma uhinge" na "guma worore"
➡️kurwanya abanywa inzoga rwihishwa bagaca ku mabwiriza yo kurwanya Coronavirus.
2. Ubukangurambaga bwa Croix Rouge y"u Rwanda mu kurwanya Coronavirus
Bwakomereje mu mirenge ya Sovu, Kavumu na Kageyo. Hakwirakwijwe ibyapa bigira inama abaturage ku kwirinda no gukumira Coronavirus. Igikorwa kizakomereza mu mirenge ya Bwira, Ndaro na Nyange.
3. " Guma uhinge" itabangamiye kurwanya Coronavirus
Mu mirenge yose abahinzi bakomeje imirimo y'ihinga banubahiriza amabwiriza bagezwaho yo kwirinda no gukumira Coronavirus.


Kuwa 1 Mata 2020 (14h15-16h00)
Radio HUGUKA yahitishije ikiganiro cy'akarere ka Ngororero ku kwirinda no gukumira Covid_19.
Cyatanzwe na Mayor NDAYAMBAJE Godefroid ari kumwe na DG w'ibitaro bya Muhororo na Padiri Mukuru wa Paroisse Rususa uyoboye ihuriro ry'amadini n'amatorero mu Karere ka Ngororero.
Ikiganiro cyakurikiwe n'abantu benshi ukurikije ibitekerezo n'ibibazo byatanzwe biturutse ahantu hatandukanye: (Sovu, Ndaro, Bwira, Mageragere, Nyabinoni, Ruhango, Butaro,...). Muri rusange abaturage bahagaze neza mu kwirinda no gukumira iki cyorezo. By'umwihariko urubyiruko rwibukijwe gukurikuza amabwiriza rwirinda kugendagenda no kugurobereza mu ma centres.


Kuwa 02/04/2020
Inama ya Task force y'Akarere yo kurwanya Coronavirus
yateranye iyobowe n'Umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid.
Yitabiriwe na : Komite Nyobozi y'Akarere, inzego z'umutekano n'abanyamabanga nshingwabikorwa b'imirenge.
Mu myanzuro y'ingenzi harimo:
➡️gukomeza ubukangurambaga bwimbitse mu baturage bagakomeza gukumira no kwirinda Covid_19
➡️irondo ry'umwuga ryarushaho gukora neza rigatangira kare, rigahashya abakwitwaza ibihe turimo bakiba abaturage
➡️kurwanya abanywa inzoga rwihishwa haba mu ngo cyangwa ahandi hihishe
➡️Ababyeyi bagomba guhoza ijisho ku bana by'umwihariko urubyiruko bakabarinda kuva mu rugo nta mpamvu.
➡️ Kudatinda mw'isoko niba uwariremye amaze guhaha cyangwa kugurisha akihutira gutaha iwe.
➡️Amasoko agomba kuremura kare bitarenze sa kumi n'imwe z'umugoroba.
➡️ gutonda imirongo imbere y'insyo ku baje gushesha ntibyemewe
➡️Megaphones zigomba gukomeza gukoreshwa kurushaho mu gutanga ubutumwa mu baturage.
➡️Guhanahana amakuru kandi ku gihe bigomba gukorwa neza hirindwa amakabyankuru n'amafoto atari ngombwa
➡️ku ngingo ijyanye no Kwibuka ku inshuro ya 26 jenoside yakorewe abatutsi:
1. Isuku ku nzibutso igomba kwitabwaho, 2.kumenyekanisha ku gihe gahunda y'ibiganiro ku ma Radio na televisions abaturage bakazabikurikira neza. 3.Kuzita by'umwihariko ku barokotse jenoside yakorewe abatutsi bafite ibibazo byihariye. 4.Banderoles zijyanye no kwibuka zikazashyirwa hose ku gihe.
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…