Ngororero: Ubutabera bwunga bwanyuze abaturage
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe na Visi Perezida w'Urukiko rwisumbuye rwa Rubavu Bwana Jean Paul BIZABA, yatangije ku mugaragaro Icyumweru cyahariwe ubutabera (8-19/12/2025) ku nsanganyamatsiko igira iti "Ubuhuza mu manza, inkingi y'ubutabera bunoze, bwihuse kandi burangiza ikibazo." Icy'ingenzi kigambiriwe ni ubukagurambaga bugamije
ubwumvikane hagati y'uwakoze icyaha n'uwagikorewe, ubutabera bwunga, ubutabera sanasano, kwemera icyaha no gusaba imbabazi ntihabeho " kuburana urwa ndanze."
Ni mu rwego rwo gukemura ikibazo cy'imanza nyinshi z'ibirarane zifata igihe kirekire mu kuzikemura.
Abaturage basobanuriwe ko:
Ubuhuza buri mu buryo bujyanye na:
- Imanza mbonezamubano, iz'ubucuruzi...;
- imanza z'inshinjabyaha;]
- ibirego bitangwa mu nkiko baherekejwe n'agaciro gake (katarengeje miliyoni 5).
Umushinjacyaha yatanze ibisobanuro ku:
-Ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha;
-Ubwumvikane hagati y'uwakoze icyaha n'uwagikorewe.
Abaturage basobanuriwe ko:
- Ubuhuza ntibwemewe ku cyaha giteganirijwe igihano kirengeje igifungo cy'imyaka 5;
- Ibyemezo byavuye mu buhuza ntibijuririrwa.
Mu bibazo babajije abaturage bagaragaje ko banyuzwe n'imiterere y'ubu butabera ku buryo hari n'abahise bababarira abo bafitanye imanza bari mu igororero rya Rubavu.
Umuyobozi w'Akarere @cnkusi20 yavuze ko inzira y'ubuhuza igaragaza ko Abanyamabanga bifitemo ibisubizo kandi birambye.
Nyuma habayeho iburanisha ry'imanza mu ruhame bishyira mu ngiro ubuhuza bwavuzwe hejuru.
Mu ijambo risoza Meya Nkusi yashimiye ubuyobozi bwiza bw'Igihugu cyacu burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame wagejeje ku banyayarwanda ubutabera bubabereye.
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…