Ngororero: Ubutabera bwunga bwanyuze abaturage

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe na Visi Perezida w'Urukiko rwisumbuye rwa Rubavu Bwana Jean Paul BIZABA, yatangije ku mugaragaro Icyumweru cyahariwe ubutabera (8-19/12/2025) ku nsanganyamatsiko igira iti "Ubuhuza mu manza, inkingi y'ubutabera bunoze, bwihuse kandi burangiza ikibazo." Icy'ingenzi kigambiriwe ni ubukagurambaga bugamije
ubwumvikane hagati y'uwakoze icyaha n'uwagikorewe, ubutabera bwunga, ubutabera sanasano,  kwemera icyaha no gusaba imbabazi ntihabeho " kuburana urwa ndanze."
Ni mu rwego rwo gukemura ikibazo cy'imanza nyinshi z'ibirarane zifata igihe kirekire mu kuzikemura.
Abaturage basobanuriwe ko:
Ubuhuza buri mu buryo bujyanye na:
- Imanza mbonezamubano, iz'ubucuruzi...;
- imanza z'inshinjabyaha;]
- ibirego bitangwa mu nkiko baherekejwe n'agaciro gake (katarengeje miliyoni 5).
Umushinjacyaha yatanze ibisobanuro ku:
-Ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha;
-Ubwumvikane hagati y'uwakoze icyaha n'uwagikorewe.
Abaturage basobanuriwe ko:
- Ubuhuza ntibwemewe ku cyaha giteganirijwe igihano kirengeje igifungo cy'imyaka 5;
- Ibyemezo byavuye mu buhuza ntibijuririrwa.

Mu bibazo babajije abaturage bagaragaje ko banyuzwe n'imiterere y'ubu butabera ku buryo hari n'abahise bababarira abo bafitanye imanza bari mu igororero rya Rubavu.
Umuyobozi w'Akarere @cnkusi20 yavuze ko inzira y'ubuhuza igaragaza ko Abanyamabanga bifitemo ibisubizo kandi birambye. 
Nyuma habayeho iburanisha ry'imanza mu ruhame bishyira mu ngiro ubuhuza bwavuzwe hejuru.

Mu ijambo risoza Meya Nkusi yashimiye ubuyobozi bwiza bw'Igihugu cyacu burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame wagejeje ku banyayarwanda ubutabera bubabereye.


Ngororero: Urubyiruko rwibukijwe gukomera ku bumwe bw'Abanyarwanda

Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…

Read more →

Ngororero: NEC yagabiye inka 8 imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…

Read more →

Ngororero: Hafashwe ingamba zo gukumira Rift Valley Fever

Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…

Read more →

Ngororero: Urugamba rwo kurandura imirire mibi rurakomeje

Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…

Read more →

Ngororero: inama mpuzabikorwa yarebye mu nguni zose z'ubuzima bw'Akarere.

Habaye inama ya komite  mpuzabikorwa  y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere  ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…

Read more →

Ngororero: Bene amacumbi basabwe gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina.

Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…

Read more →

Umurenge wa Matyazo: Basabwe kwihutisha dosiye zerekeye ingurane

Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…

Read more →

Ngororero: Hasesenguwe intambwe imaze guterwa mu gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturge

Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…

Read more →

Ngororero: JADF iIsangano yongeye kugaragaza uruhare rwayo mu iterambere ry'Akarere

Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero  hasojwe  imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.

Ibyaranze igikorwa:

-…

Read more →
-->