Ngororero: ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro bwangiza ibidukikije bukomeje kwamaganwa
Byagaragaye mu bugenzuzi bwakorewe kuri Site ya Myatano mw'ishyamba ry'iriterano rya Leta ricungwa na Rwanda Mountain Tea mu kagari ka Rugeshi mu murenge wa Kavumu
na Site ya Gahinda(kw'isoko ya Sebeya) mu kagari ka Rutagara umurenge wa Muhanda
ahakorerwa na Company yitwa TMT (Tantalium Minerals Trading ) na Company ya NL Mining ibarizwa mu gice cya Gahinda kuri Sebeya hamwe n'abacukura ahatemewe mu mugezi wa Sebeya.
ubugenzuzi bwakozwe n'itsinda rihuriweho na :
-REMA: Ihagarariwe na Ngendahimana Cyprien ushinzwe itumanaho
-RMB: Ihagarariwe na Karangwa ushinzwe ubugenzuzi bw'ubucukuzi bwa Mine na Kariyeri mu ntara y'iburengerazuba,
-RDB: Ihagarariwe na Musana Abel Umuyobozi wa Parike ya Mukura Gishwati,
-Rwanda Mining Association: Ihagarariwe na Pascal Dukundimana
-Intaray'iburengerazuba: Ihagarariwe na Nyamaswa Rukundo Emmanuel ushinzwe imishinga n'ibikorwa by'iterambere mu ntara y'iburengerazuba
-RIB: Ihagarariwe na Eugene Musemakweri
-Akarere ka Ngororero gahagarariwe na Bwana Uwihoreye Patrick vice Mayor /FED,
Kayitsinga Jean Ushinzwe Amashyamba n'umutungo Kamere
-Inzego z'umutekano
-Muhizi Patrick umukozi wa RMB mu karere ka Ngororero.


Muri ubwo bugenzuzi, byagaragaye ko mu ishyamba rya Myatano imicukurire mibi iri guhinduka biganisha aheza ariko hakaba hacyangizwa umugezi wa Satinsyi. Hatanzwe ubujyanama ko company (TMT) igomba kurinda uyu mugezi kandi ikubahiriza amategeko agenga ubucukuzi ndetse n'amasezerano yagiranye na Leta iahabwa uruhushya.
Kubera ko hari izindi Companies zikorera muri iki gice ariko mu karere ka Rutsiro nazo zikaba zanduza umugezi wa Satinsyi hifujwe ko Rutsiro nayo yashyiramo imbaraga bigahagarara.
Ku mugezi wa Sebeya naho bigaragara ko company ya NL Mining yagabanije kuwanduza ariko hakaba hakirimo abajura bacukura hagati mu mugezi. Hifujwe ko hazabaho igikorwa cyo gusubiza umugezi munzira zawo ubundi umushinga uri gukora ibikorwa byo kubungabunga Sebeya ukahatera imigano n'ibiti. Company zihafite impushya zikubahiriza amabwiriza kandi hagakomeza n'ubukangurambaga bugamije kwigisha abaturage kureka kwangiza imigezi bacukura ahatemewe.


Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…