Ngororero: "Twese tube intumwa za Ndi Umunyarwanda"-PES Uwambajemariya
Mu murenge wa Nyange ku gicumbi cy'Ubunyarwanda cy'Intwari z'IMENA z'abanyeshuli b'i Nyange habereye ibirori byo kwizihiza ubutwari bw'Intwari z'Igihugu ku rwego rw'Akarere ka Ngororero.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Iburengerazuba Madame Uwambajemariya Florence ari kumwe n'abagize Komite Nyobozi y'Akarere, inzego z'umutekano, abanyeshuli n'abaturage b'umurenge wa Nyange bitabiriye kwizihiza ibi birori. Insangayamatsiko y'uyu munsi iragira iti: "Ubutwari n'Ubumwe bw'Abanyarwanda, inkingi z'iterambere."
Izi ntwari zashyizwe mu cyiciro cy'Imena ni abari abanyeshuri mu ishuri ryisumbuye rya Nyange mu 1997. Igihe bagabwagaho igitero n'abacengezi mu ijoro ryo kuwa 18 rishyira kuwa 19/03/1997 babasabye kwitandukanya
hakurikijwe ibyiswe ubwoko bw'Abahutu n'Abatutsi ariko bo baranga barasubiza bati: "Twese turi Abanyarwanda".
Bityo baba babibye imbuto ya Ndi Umunyarwanda ubu yinjiye mu mateka y'u Rwanda ndetse n'isi yose.
Mw'ijambo rye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Iburengerazuba Madame UWAMBAJEMARIYA Florence yagize ati "twese tube intumwa za Ndi Umunyarwanda duharanira gusigasira agaciro k'ubutwari bw'Intwari z'u Rwanda zaba izatabarutse zaba izikiriho." Avuga ku Ntwari z'IMENA z'abanyeshuli b'i Nyange Madamu Uwambajemariya yagize ati
"Ubumwe bwabo nibwo bwatumye bashobora gutsinda abashakaga kubacamo ibice. Bemeye guhara ubuzima bwabo babiba imbuto ya Ndi Umunyarwanda. Muze twese, abato n'abakuru, tubigireho."
Ibirori byaranzwe no gusura inzu ibumbatiye amateka y'Intwari z'Imema z'abanyeshuli b'i Nyange, kunamira izi Ntwari hashyirwa indabo ku gicumbi cyazo, impanuro , imbyino, indirimbo n'imivugo byose byarataga ubutwari bw'aba banyeshuli babibye imbuto ya Ndi Umunyarwanda.
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…