Ngororero: "Twese tube intumwa za Ndi Umunyarwanda" PES Uwambajemariya

Mu murenge wa Nyange ku gicumbi cy'Ubunyarwanda cy'Intwari z'IMENA z'abanyeshuli b'i Nyange habereye ibirori byo kwizihiza ubutwari bw'Intwari z'Igihugu ku rwego rw'Akarere ka Ngororero.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Iburengerazuba Madame Uwambajemariya Florence ari kumwe n'abagize Komite Nyobozi y'Akarere, inzego z'umutekano, abanyeshuli n'abaturage b'umurenge wa Nyange bitabiriye kwizihiza ibi birori. Insangayamatsiko y'uyu munsi iragira iti: "Ubutwari n'Ubumwe bw'Abanyarwanda, inkingi z'iterambere."

Izi ntwari zashyizwe mu cyiciro cy'Imena ni abari abanyeshuri mu ishuri ryisumbuye rya Nyange mu 1997. Igihe bagabwagaho igitero n'abacengezi mu ijoro ryo kuwa 18 rishyira kuwa 19/03/1997  babasabye kwitandukanya
hakurikijwe ibyiswe ubwoko bw'Abahutu n'Abatutsi ariko bo baranga barasubiza bati: "Twese turi Abanyarwanda".
Bityo baba babibye imbuto ya Ndi Umunyarwanda ubu yinjiye mu mateka y'u Rwanda ndetse n'isi yose.

Mw'ijambo rye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Iburengerazuba Madame UWAMBAJEMARIYA Florence yagize ati "twese tube intumwa za Ndi Umunyarwanda duharanira gusigasira agaciro k'ubutwari bw'Intwari z'u Rwanda zaba izatabarutse zaba izikiriho." Avuga ku Ntwari z'IMENA z'abanyeshuli b'i Nyange Madamu Uwambajemariya yagize ati 
"Ubumwe bwabo nibwo bwatumye bashobora gutsinda abashakaga kubacamo ibice. Bemeye guhara ubuzima bwabo babiba imbuto ya Ndi Umunyarwanda. Muze twese, abato n'abakuru, tubigireho."
Ibirori byaranzwe no gusura inzu ibumbatiye amateka y'Intwari z'Imema z'abanyeshuli b'i Nyange, kunamira izi Ntwari  hashyirwa indabo ku gicumbi cyazo,  impanuro , imbyino, indirimbo n'imivugo byose byarataga ubutwari bw'aba banyeshuli babibye imbuto ya Ndi Umunyarwanda.


Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →

Ngororero: Abaveterineri biyemeje gushyira umworozi ku isonga

Umuyobozi w'Akarere  Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…

Read more →

Umurenge wa Kabaya: "Ikinyarwanda ni ururimi ruduhuza tukivuge, tucyandike neza"- Guverineri Ntibitura

Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…

Read more →

Umurenge wa Ngororerowegukanye ibikombe 2 (gore, gabo) mu marushanwa y'UCP

Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…

Read more →
-->