Ngororero: Perezida wa Sena yunamiye inzirikarengane ziruhukiye mu rwibutso rw Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Nyange

Mu karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje. Uyu munsi igikorwa cyabereye ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Nyange ahashyinguwe imibiri 12 yabonetse.
Jenoside yakorewe Abatutsi mu murenge wa Nyange yakoranywe ubugome bw'indengakamere aho Abatutsi bari bahungiye mu Kiliziya Gatolika ya Nyange bayirituriweho ku mabwiriza yatanzwe n'uwari Padiri mukuru wa Paroisse Nyange Seromba Athanase.
Igikorwa cyitabiriwe na Président wa Senat Hon. Dr Kalinda François Xavier wari umushyitsi mukuru. 
Mw'ijambo yagejeje ku mbaga y'abitabiriye kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994,  yavuze ko ubuyobozi bw'Igihugu butazahwema kuba hafi abarokotse, abashimira ubutwari bagaragaje bakanga guheranwa n'agahinda ahubwo bagaharanira iterambere rirambye.  Yavuze ko abagifite umugambi wo guca abanyarwanda mo ibice ntaho bazamenera kuko ubuyobozi bwiza bw'Igihugu cyacu burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame butabyihanganira na gato.
Yagarutse ku butwari bwaranze Intwari z'Imema z'abanyeshuli b'i Nyange asaba buri wese kubafariraho urugero. Banze kwitandukanya bakurikije amoko y'icyo gihe babisabwe n'abicanyi bari bateye iryo shuli barabatsembera bagira bati: twse turi abanyarwanda. 
Umunsi washojwe no gushyingura mu cyubahiro imibiri yabonetse no kunamira inzirakarengane ziruhukiye muri uru rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Nyange.
Igikorwa  cyitabiriwe kandi na Visi Perezida w'umutwe w'abadepite, bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, abayobozi b'inzego z'Umutekano ku rwego rw'Intara n'Akarere, Perezida w'umuryango Ibuka ku rwego rw'Igihugu, abayobozi batandukanye,  imiryango y'ababuze ababo baruhukiye muri uru rwibutso, abaturage b'imirenge ihana imbibi n'uwa Nyange mu Turere twa Karongi na Ngororero. 
Bahawe ikaze n'Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe. 
 


Ngororero: Perezida wa Sena yunamiye inzirikarengane ziruhukiye mu rwibutso rw Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Nyange

Mu karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje. Uyu munsi igikorwa cyabereye ku rwibutso…

Read more →

Umurenge wa Gatumba: Hunamiwe inzirakarengane ku nzibutso 3

Ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje mu Karere ka Ngororero.  Uyu munsi habaye igikorwa cyo kunamira…

Read more →

Ngororero: Minisitiri w'Intebe yunamiye inzirakarengane ziruhukiye mu rwibutso rwa Ngororero

Nyakubahwa Minisitiri w'Intebe Dr Justin Nsengiyumva   yaje kwiftanya n'abatuye Akarere Ngororero mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside…

Read more →

Ngororero: "Dukomeze kwamaganire kure ingengabitekerezo ya Jenoside"- Meya Nkusi

Kuri uyu mugoroba ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ngororero habereye umugoroba wo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu…

Read more →

Umuremge wa MUhanda: Abari bahungiye ku musozi wa Kesho bagaragaje ubutwari

Mu Karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994  byakomereje ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi…

Read more →

Umurenge wa Kabaya: Inzirakarengane zunamiwe ku nshuro ya 32

Gutangiza icyumweru cy'icyunamo n'minsi 100 y'ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byabereye mu midugudu yose igize…

Read more →

Ngororero: Imigezi ya Nyabarongo, Satisnyi na Rubagbaga igiye kurushaho kubyazwa umusaruro

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu, Bwana UWOHOREYE N. Patrick,…

Read more →

Ngororero: "Guha umuturage serivisi nziza si impuhwe uba umugiriye ahubwo ni inshingano zawe" Mayor Nkusi

Umuyobozi w'Akarere  Bwana Nkusi Christophe yakiriye indahiro z'abahesha b'inkiko batari ab'umwuga na ba noteri ba Leta  17 bakorera mu ifasi…

Read more →

Ngororero: Irushanwa “Gera ku Ntego” 2026 ryahaye imbaraga urubyiruko rwihangira imirimo

Ku wa 4 Werurwe 2026, mu Karere ka Ngororero habereye irushanwa ryiswe “Gera ku Ntego Business Competition 2026”, ryabereye kuri Kabaya Telecenter –…

Read more →
-->