Ngororero: Perezida wa Sena yunamiye inzirikarengane ziruhukiye mu rwibutso rw Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Nyange
Mu karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje. Uyu munsi igikorwa cyabereye ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Nyange ahashyinguwe imibiri 12 yabonetse.
Jenoside yakorewe Abatutsi mu murenge wa Nyange yakoranywe ubugome bw'indengakamere aho Abatutsi bari bahungiye mu Kiliziya Gatolika ya Nyange bayirituriweho ku mabwiriza yatanzwe n'uwari Padiri mukuru wa Paroisse Nyange Seromba Athanase.
Igikorwa cyitabiriwe na Président wa Senat Hon. Dr Kalinda François Xavier wari umushyitsi mukuru.
Mw'ijambo yagejeje ku mbaga y'abitabiriye kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yavuze ko ubuyobozi bw'Igihugu butazahwema kuba hafi abarokotse, abashimira ubutwari bagaragaje bakanga guheranwa n'agahinda ahubwo bagaharanira iterambere rirambye. Yavuze ko abagifite umugambi wo guca abanyarwanda mo ibice ntaho bazamenera kuko ubuyobozi bwiza bw'Igihugu cyacu burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame butabyihanganira na gato.
Yagarutse ku butwari bwaranze Intwari z'Imema z'abanyeshuli b'i Nyange asaba buri wese kubafariraho urugero. Banze kwitandukanya bakurikije amoko y'icyo gihe babisabwe n'abicanyi bari bateye iryo shuli barabatsembera bagira bati: twse turi abanyarwanda.
Umunsi washojwe no gushyingura mu cyubahiro imibiri yabonetse no kunamira inzirakarengane ziruhukiye muri uru rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Nyange.
Igikorwa cyitabiriwe kandi na Visi Perezida w'umutwe w'abadepite, bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, abayobozi b'inzego z'Umutekano ku rwego rw'Intara n'Akarere, Perezida w'umuryango Ibuka ku rwego rw'Igihugu, abayobozi batandukanye, imiryango y'ababuze ababo baruhukiye muri uru rwibutso, abaturage b'imirenge ihana imbibi n'uwa Nyange mu Turere twa Karongi na Ngororero.
Bahawe ikaze n'Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe.
Mu karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje. Uyu munsi igikorwa cyabereye ku rwibutso…
Ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje mu Karere ka Ngororero. Uyu munsi habaye igikorwa cyo kunamira…
Nyakubahwa Minisitiri w'Intebe Dr Justin Nsengiyumva yaje kwiftanya n'abatuye Akarere Ngororero mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside…
Kuri uyu mugoroba ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ngororero habereye umugoroba wo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu…
Mu Karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byakomereje ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi…
Gutangiza icyumweru cy'icyunamo n'minsi 100 y'ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byabereye mu midugudu yose igize…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu, Bwana UWOHOREYE N. Patrick,…
Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe yakiriye indahiro z'abahesha b'inkiko batari ab'umwuga na ba noteri ba Leta 17 bakorera mu ifasi…
Ku wa 4 Werurwe 2026, mu Karere ka Ngororero habereye irushanwa ryiswe “Gera ku Ntego Business Competition 2026”, ryabereye kuri Kabaya Telecenter –…