Ngororero: Ministre Shyaka yahumurije abaturage bagizweho ingaruka n'ibiza
Nyuma y'aho Akarere ka Ngororero gahuye n'ibiza bidasanzwe byatewe n'imvura nyinshi bigahitana abantu 21, ibikorwa remezo nk'imihanda, ibiraro, amazi n'amashanyarazi bikangirika; Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu Professeur SHYAKA Anastase yagiriye uruzinduko rw'Akazi muri aka Karere kuri uyu wa gatanu tariki 15/05/2020.
Nk'uko yabivuze yaje azanye ubutumwa bwo guhumuriza abaturage yahawe na Nyakubahwa Perezida wa Republika Paul Kagame . Yagize ati: mukomere muhumure turi kumwe.
Yavuze ko yiboneye ko ibiza bikomeye kandi byangije byinshi ababwira ko azabaha umuganda kugira ngo bongere kwiyubaka.


Ikiraro gihuza imirenge ya Ngororero, Kageyo na Kavumu cyatwawe n'umugezi wa Satinsyi
Yashimiye abaturage uburyo bihutiye kuva ahashyira ubuzima bwabo mu kaga. Asaba abasigaye mu manegeka kuyavamo. Yagize ati: "ibintu ni ibishakwa icyingenzi ni ubuzima". Yanabashimiye uburyo bakumiye icyorezo cya Coronavirus agira ati ni byiza ko mu Karere ka Ngororero nta numwe urandura iki cyorezo .
Yanashimiye ubuyobozi bw'Akarere uburyo bwitaye ku baturage bukabavana mu ngo hakiri kare ibiza bitarabahitana. Yashimiye imikoranire myiza hagati y'abaturage n'abayobozi.
Abaturage nabo bashimiye Umukuru w'Igihugu uhora ubazirikana. Banamushimiye kuba yaboherereje intumwa zo kubahumuriza mu ngorane barimo batewe n'ibiza. Bashimiye ubuyobozi bwiza bwabitayeho.
Minisitiri Shyaka yashoje uruzinduko rwe yizeza abaturage ko ibyifuzo bamuhaye azabikorera ubuvugizi. Ati ubushobozi bwo kubafasha Igihugu kirabufite. Abafatanyabikorwa barahari kandi bazasanga dufatanye urunana twiyubaka.
Yakiriwe na guverineri w'Intara y'Iburengerazuba ari kumwe na Komite Nyobozi y'Akarere n'inzego z'umutekano.
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…