Ngororero: Ministre Shyaka yahumurije abaturage bagizweho ingaruka n'ibiza

Nyuma y'aho  Akarere ka Ngororero gahuye n'ibiza bidasanzwe byatewe n'imvura nyinshi bigahitana abantu 21, ibikorwa remezo nk'imihanda, ibiraro, amazi n'amashanyarazi bikangirika; Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu Professeur SHYAKA Anastase yagiriye uruzinduko rw'Akazi muri aka Karere kuri uyu wa gatanu tariki 15/05/2020.


Nk'uko yabivuze yaje azanye ubutumwa bwo guhumuriza abaturage yahawe na Nyakubahwa  Perezida wa Republika Paul Kagame . Yagize ati: mukomere muhumure turi kumwe.
Yavuze ko yiboneye ko ibiza bikomeye kandi byangije byinshi ababwira ko azabaha umuganda kugira ngo bongere kwiyubaka.

Ikiraro gihuza imirenge ya Ngororero, Kageyo na Kavumu cyatwawe n'umugezi wa Satinsyi


Yashimiye abaturage uburyo bihutiye kuva ahashyira ubuzima bwabo mu kaga. Asaba abasigaye mu manegeka kuyavamo.  Yagize  ati: "ibintu ni ibishakwa icyingenzi ni ubuzima". Yanabashimiye uburyo bakumiye icyorezo  cya Coronavirus agira ati ni byiza ko mu Karere ka Ngororero nta numwe urandura iki cyorezo .
Yanashimiye ubuyobozi bw'Akarere uburyo bwitaye ku baturage bukabavana mu ngo hakiri kare ibiza bitarabahitana.  Yashimiye imikoranire myiza hagati y'abaturage n'abayobozi.
Abaturage nabo bashimiye Umukuru w'Igihugu uhora ubazirikana.  Banamushimiye kuba yaboherereje intumwa zo kubahumuriza mu ngorane barimo batewe n'ibiza. Bashimiye ubuyobozi bwiza  bwabitayeho.

Minisitiri Shyaka yashoje uruzinduko rwe yizeza abaturage ko ibyifuzo bamuhaye azabikorera ubuvugizi. Ati ubushobozi bwo kubafasha Igihugu kirabufite. Abafatanyabikorwa barahari  kandi bazasanga dufatanye urunana twiyubaka.
 Yakiriwe na guverineri w'Intara y'Iburengerazuba ari kumwe na Komite Nyobozi y'Akarere n'inzego z'umutekano.


Ngororero: Urubyiruko rwibukijwe gukomera ku bumwe bw'Abanyarwanda

Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…

Read more →

Ngororero: NEC yagabiye inka 8 imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…

Read more →

Ngororero: Hafashwe ingamba zo gukumira Rift Valley Fever

Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…

Read more →

Ngororero: Urugamba rwo kurandura imirire mibi rurakomeje

Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…

Read more →

Ngororero: inama mpuzabikorwa yarebye mu nguni zose z'ubuzima bw'Akarere.

Habaye inama ya komite  mpuzabikorwa  y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere  ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…

Read more →

Ngororero: Bene amacumbi basabwe gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina.

Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…

Read more →

Umurenge wa Matyazo: Basabwe kwihutisha dosiye zerekeye ingurane

Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…

Read more →

Ngororero: Hasesenguwe intambwe imaze guterwa mu gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturge

Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…

Read more →

Ngororero: JADF iIsangano yongeye kugaragaza uruhare rwayo mu iterambere ry'Akarere

Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero  hasojwe  imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.

Ibyaranze igikorwa:

-…

Read more →
-->