Ngororero: Minisiteri ishinzwe ibikorwa by'ubutabazi ikomeje kwegera abo byagizeho ingaruka
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 16/05/2020 Minsitiri wa ministeri ishinzwe ibikorwa by'ubutabazi Kayisire Marie Solange yakoreye uruzinduko rw'akazi mu Karere ka Ngororero aho yari aje kwirebera uko ibiza byatwaye ubuzima bw'abantu, bikangiza ibikorwa remezo birimo imihanda n'ibiraro akanahumuriza abaturage bahuye n'ingaruka zabyo.
Minister Kayisire n'abo bari kumwe basuye ikiraro cy'ahitwa ku rutindo gihuza imirenge ya Muhororo, Kageyo, Kavumu na Sovu babona uburyo cyangiritse; babonye uburyo
inkangu yangije kuri stade ya Ngororero,
banasura abaturage bimuwe n'ibiza bacumbitse mw'ishuli GS Kabaya.


Imihanda ihuza imirenge n'Akarere yarangiritse cyane
Aganira n'imiryango 30 igizwe n'abaturage 135 yimukiye muri GS Kabaya,
Minisitiri Kayisire yabashyikirije intashyo ya Nyakubahwa Prezida wa Repubulika ibahumuriza kandi ibasaba gukomera.
Minisitiri Kayisire yakomeje abashimira uburyo bihuse kuva ahantu hatera akaga ubuzima bwabo, ashimira ubuyobozi bw'Akarere uburyo bwitaye mu gutabara abaturage, anasaba ko imbaraga bashyize mu kwirinda ibiza ari nazo bashyira mu gukaza ingamba zo guhangana na COVID-19.
Yashoje yizeza AKarere ubufatanye mu guhangana n'ingaruka zatewe n'ibiza cyane cyane mu gutanga ubufasha bwihuse.

Imfashanyo z'ibiribwa byibanze zageze mu mirenge yose
Twabamenyesha ko imfashanyo y'ibiribwa by'ibanze imaze gushyikirizwa abaturage bagizweho ingaruka n'ibiza mu mirenge yose uko ari 13.
Uru ruzinduko rwa minister Kayisire ruje rukurikiye urwa mugenzi we wa Minaloc Professor Shyaka Anastase yakoze ku munsi w'ejo tariki ya 15/05/2020 nawe areba uburyo ibiza byazahaje abaturage anabagezaho ubutumwa bwo kubahumuriza.
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…