Ngororero: JADF Isangano n'Akarere ka Ngororero biyemeje kurushaho gufatanya mw'iterambere
Ku bufatanye bw'intara y'Iburengerazuba n'Ikigo cy'Igihugu cy'Imiyoborere myiza RGB n'Akarere ka Ngororero uyu munsi kuwa 26/02/2020 muri salle y'Akarere hateraniye inama yo kwigiranaho ku bijyanye n'igenamigambi hagati y'abafatanyabikorwa mw'iterambere ry'akarere JADF Isangano n'Akarere. Inzego zombi zemeranya ko umuturage ariwe pfundo mw'igenamigambi kandi afitemo uruhare binyuze mu mucyo.
Inama yitabiriwe na perezida wa JADF Isangano na komite yayo, abaperezida ba komisiyo z'Inama Njyanama, abanyamabanga nshingwabikorwa b'imirenge bahagarariye abandi, n'abayobozi b'amashami ku Karere. Yayobowe n'umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid ari kumwe na coach wa Jadf ku Ntara y'Iburengerazuba Bwana Mugisha Theogène.

Bwana Mugisha yatanze ikiganiro kirambuye ku mikorere n'imikoranire ya JADF naho umuyobozi w'Ishami ry'igenamigambi, ikurikirana n'isuzumamihigo Birolimana Jean Paul yavuze ku ngamba z'iterambere ry'Akarere DDS. Yagaragaje imihigo y'ingenzi Akarere kafatanyamo na Jadf n'ibikorwa abashoramari bakwibandaho.
Mayor NDAYAMBAJE yagarutse ku bufatanye hagati ya JADF n'Akarere yibutsa ko kizira ngo abafatanyabikorwa benshi bahurire ku gutera inkunga ahantu hamwe mu gikorwa kimwe. Yongeye ko kuva aho JADF igerereye mu Karere iterambere ryiyongereye ku buryo bugaragara. Muri iyi nama hashatswe uburyo JADF n'Akarere bahuza imbaraga mu gufatanya imihigo iteza imbere abaturage irimo kurwanya igwingira nimirire mibi.
Mu mwaka w'ingengo y'imali 2018/2019 mu Karere ka Ngororero ibikorwa bya JADF byagize agaciro kangana na 2,617,647,029 frws. Muri 2019/2020 JADF iteganije igengo y'imari ingana 3,060,740,809 frws
Mu Karere ka Ngororero harabarurwa abafatanyabikorwa 44.




Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…