Ngororero: Imirenge irasabwa kwihutisha inyubako z'abatishoboye
Kuwa 02/12/2019 habaye inama ya Task Force ya HS y'Akarere ka Ngororero.
Inama yayobowe n'Umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid ari kumwe n'umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madame Mukunduhirwe Benjamine.
Inama yanitabiriwe n'nzego z'umutekano, abanyamabanga sshingwabikorwa b’imirenge, abayobozi b’amashami (Ubuzima, Social na One Stop Center), abakozi bashinzwe imibereho myiza y'abaturage mu mirenge, umukozi ushinzwe ubukangurambaga bwa MUSA mu Karere.
Haganiriwe ku ngingo zikurikira:
-Kurebera hamwe aho ishyirwa mu bikorwa mugukemura ibibazo byugarije abaturage (HSI) mu mirenge;
- Gutegura descente ya Task Force ku rwego rw'Igihugu.
- Ibikoresho byasagutse mu biza n'uburyo byakoreshwa.

Ibikoresho byasagutse bizifashishwa mu kubakira abatuye nabi
Nyuma yo kugaragaza ibimaze gukorwa muri buri murenge no kungurana ibitekerezo kuri izi ngingo,hafashwe imyanzuro ikurikira:• Imirenge yongeye gusabwa kwihutisha imirimo kugira ngo abatagira aho baba n'abari ahadakwiye batuzwe.
. Hemejwe ko nyuma y'ubusabe bwa ba ESs b'Imirenge n'umwanzuro w'Inama Njyanama; ibikoresho byasagutse mu biza byakoreshwa muri HS ariko Task Force ya HS ku murenge ikabanza kubifataho umwanzuro bagaragaza uko byakoreshwa.


Inzego zose zishishikajwe no kubakira abatishoboye
. Ku mirenge ikibura ibibanza, hemejwe ko bagaragaza ibikenewe kugira ngo Akarere gashake uburyo byagurwa. Kugira ngo bigurwe ni ngombwa kwifashisha umugenagaciro(muri Expropriation).
. Abayobozi b'imirenge basabwe kandi kugaragaza ahari ubutaka bwa Leta bwakubakirwaho abatishoboye kugira ngo bizashyikirizwe Inama Njyanama ibifateho umwanzuro.
. Hibukijwe kandi ko hari abanyamadini biyemeje kubajira abatishoboye 221 bityo Imirenge ikaba isabwa kugaragaza ibibanza cyane cyane ku midugudu ahakubakwa amazu yegeranye.
. Hemejwe ko abayobozi b'imirenge bakomeza gushishikariza abakorera kuri Centres z'ubucuruzi kuvugurura amazu yabo basiga amarangi kugira ngo bakomeze gukorera ahantu hafite isuku.
. Hemejwe ko abafite HS mu nshingano bajya bahanahana amakuru igihe cyose hari ibikenewe, ibisabwa cyangwa raporo zigomba gutangwa.

Mu mirenge basabwa kwihuta mu gushakira abatishoboye aho kuba
Mu Karere ka Ngororero hizihijwe umunsi wahariwe ingo mbonezamikurire (ECD DAY) no kurwanya igwingira. Igikorwa cyabereye mu murenge wa Kabaya.…
Uyu munsi mu murenge wa Kavumu habaye igikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro umushinga wa CACCE ugamije gufasha abaturage guhangana n’imihindagurikire…
Abakozi b'Akarere ka Ngororero bari kumwe na Komite Nyobozi y'Akarere n'abayobozi b'inzego z'umutekano bizihije ibirori by'Umunsi Mpuzamahanga…
Mu ma Paroisse Gatolika yo mu Karere ka Ngororero habereye ibirori byo gusoza icyumweru cyahariwe uburezi Gatolika ku nsanganyamatsiko igira iti:…
Kuri uyu wa gatandatu tariki 2/05/2026 mu Karere ka Ngororero habereye inama igamije gushimangira ikurikiranwa n’ingamba zo kurwanya indwara ya…
Ihuriro ry’Imiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda
(CLADHO: Collectif des Ligues et Associations de Défense des Droits de l’Homme au…
Itsinda ryaturutse muri Tony Blair Institute ryaje mu Karere ka Ngororero aho ryaje gukora ubushakashatsi ku bijyanye n'imikorere y'inzego .z'ibanze…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…