Ngororero: ikoreshwa ry'inyongeramusaruro ryariyongereye
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 19/02/2020 umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu Bwana Uwihoreye Patrick yatangije ku mugaragaro igihembwe cy'ihinga 2020 B. Hari mu nama yamuhuje n'abashinzwe ubuhinzi mu karere no mu mirenge, abashinzwe iterambere mu tugari, abafashamyumvire n'abacuruza inyongeramusaruro.

Bwana Uwihoreye yabasabye kuba hafi y'abahinzi bakita ku bikorwa byabo banabafasha guhinga kijyambere bakazamura umusaruro.
Muri iyi nama Agronome w'Akarere Dusabimana Leonidas na mugenzi Sebitereko Bustan ushinzwe ibihingwa ngengabukungu berekanye ibyagezweho mu gihembwe cy'ihinga 2020A:
Ingo zimaze kwiyandikisha muri Smart nkunganire ni 88,227 igihe umwaka ushize mu gihembwe cy'ihinga 2019 A zari 50,000. Iki kigero gishyira Akarere ka Ngororero ku mwanya wa 3 ku rwego rw'igihugu. Ubuso buhingwaho imyaka yatoranijwe bwariyongereye mu mirenge yose. Ikoreshwa ry'inyongeramusaruro ryarazamutseho 16% kandi zageze ku baturage ku gihe,
kwiyandikisha muri smart nkunganire biri ku kigero cy'100%, guhuza ubutaka biri kuri 101% , gukoresha inyongeramusaruro biri kuri 114%, guhinga imbuto z'indobanure biri kuri 98%. Imbogamizi zabaye ni imihindagurikire y'ibihe yatumye umusaruro wari utegerejwe utagerwaho.Abitabiriye inama banaganirijwe ku byonnyi by'imyaka n'uburyo bwo kubirwanya.


Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…