Ngororero: Care international na Ejo Heza mu gutahiriza umugozi umwe

Kuri uyu wa 30/10/2019 umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu Bwana Uwihoreye Patrick yatangije inama ku bijyanye na gahunda yo kwizagama binyuze mu "matsinda y'intambwe ya buri cyumweru " ku bufatanye na Care International.
Mw'ijambo rye yahuje iyi gahunda n'iya Ejo Heza yo ku rwego rw'igihugu avuga ko zombi zigisha abagenerwabikorwa kwizigamira bateganya ejo habo heza. Ati kimwe ari umukenyero ikindi ari umwitero. Yavuze ku ntambwe imaze guterwa mw'iterambere ku bagenerwabikorwa b'iriya gahunda ya Care International.
Inama yitabiriwe n'abakangurambaga b'iterambere ry'"amatsinda y'intambwe ya buri cyumweru". Aba basabwe kuzamura imyumvire y'abaturage bakabavana mu byiciro byo hasi bakabazamura mu byisumbuye kuko bagenda bava mu bukene.

Sam Karinda umukozi wa Care International yavuze ko bagiranye amasezerano na Leta y'u Rwanda kuburyo "amatsinda y'intambwe ya buri cyumweru " azagera mu midugudu yose mu gihe cy'imyaka 2. Nawe yashimangiye ko gahunda ya Ejo Heza igiye kwinjizwa mu "matsinda y'intambwe ya buri cyumweru ".
Umumararungu Clementine uyoboye gahunda ya Ejo Heza mu Karere ka Ngororero yasobanuriye abitabiriye inama ibyiza bya Ejo Heza anabasaba kwinjira muri gahunda bakanabikangurira n'abandi. Ejo Heza yatangijwe ku mugaragaro kuri 14/11/2018.

Mu karere ka Ngororero hari amatsinda y'"intambwe ya buri cyumweru" 704, abakangurambaga 78.
Kuva iyi gahunda yatangira muri 2009 bamaze gutera intambwe ikomeye. Bishyura ubwisungane mu kwivuza bw'imiryango yabo ku gihe, abenshi batunze inka, ngo ntawe ugitega amaboko kuko buri wese aroroye.
Buri mukangurambaga afite amatsinda 12, buri tsinda rigizwe n'abantu 25 cyangwa 30. Mu gusoza inama vm FED Uwihoreye Patrick yashimiye gahunda za Care International mu guharanira iterambere ry'abaturage bibumbiye mu matsinda. Yasabye abitabiriye inama kuba umusemburo w'iterambere mu "matsinda y'intambwe ya buri cyumweru" bayoboye.
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…