Ngororero: amarembo y'umufatanyabikorwa Compassion Internationale arafunguye
Byavugiwe mu muhango wo guha inka 15 abagenerwabikorwa bazikeneye kurusha abandi mu kagari ka Nyange mu murenge wa Ngororero. Umuyobozi w'Akarere bwana Ndayambaje Godefroid yashimiye umufatanyabikorwa Compassion Internationale watanze izi nka agaruka k'uruhare rwayo mu bikorwa iteramo inkunga akarere, byose bikora ku buzima bw'abaturage bibaherekeza mu rugendo rw'iterambere.
Yabashimiye imikorere n'imikoranire aho bunganira ibikorwa byumvikanyweho nko kugoboka abatishoboye itanga inka zihaka, guteza imbere uburezi no kunoza imibereho y'ingo.
Yashimiye by'umwihariko itorero rya EAR ku bikorwa bateramo inkunga Akarere mu kunoza ubuzima bwiza bw'abaturage.
Mayor Ndayambaje yabwiye abaturage ko inka bahawe ari igihango bagiranye na Leta ndetse na Compassion Internationale ko bagomba kuzitaho zikabagirira akamaro. Yabasabye ko bazorora neza nabo bakazatangira ubuntu bafasha bagenzi babo kuva mu bukene.Yabibukije ko uwahawe inka agomba guhita ahindura imyumvire akava mu cyiro cy'ubukene (cat.1) akajya mu cyiciro cy'ubukire.
Compassion Internationale kandi ifasha abana ibagobotora mu ngoyi y'ubujiji iberekeza ku mibereho myiza. Abana bose bafashwa baraherekezwa kugeza barangije Kaminuza. Compassion yiyemeje gukomeza gutera inkunga akarere;igasaba gukomanga ngo kuko amarembo arafunguye. Yiyemeje imikorere n'imikoranire irambye. Yasabye akarere ko bazungurana ibitekerezo ku bufasha bwahabwa abahuye n'ibiza n'abagizweho ingaruka na Covid-19.


Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…