Ngororero: Abunzi bashimiwe imbere y'abaturage
Abunzi bashimiwe umurimo mwiza bakora. Hari mu muhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe abunzi kuri stade y 'Akarere kuri uyu wa 26/11/2019. Bahawe telefone na certificats.
Uyu murimo mwiza bakora ugaragarira mu mibare: Nk'uko byavuzwe n'umuhuzabikorwa wa MAJ madame Mukayiranga Caroline; mu mwaka wa
2018/2019 hakiriwe ibibazo 1201 muribyo 1192 byarasubijwe hararana ibibazo 9 gusa.
Ku rwego rw'akagari abunzi bakemuye ibibazo ku kigero cya 85%. 15% nibyo byazamutse ku rwego rw'umurenge.


Umukozi wo mw'ishami ry'imiyoborere myiza ushinzwe administration du territoire Madame Musabeyezu Charlotte yavuze ko kuba abunzi batanga umusaruro umeze utya hari uburyo Akarere kabunganira mu mibereho yabo nko kubishyurira ubwisungane mu kwivuza ku bantu 5, kubaha amagare abafasha mu ngendo z'akazi, kubaha telefone zirimo kode n'ibindi. Uwamwezi Eugenie ni umwunzi wo mu Kagari ka kaseke yemeza ko iyi nkunga ituma bakorana umurava uyu murimo w'ubwitange. Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukunguBwana Uwihoreye Patrick yasabye abaturage guha agaciro umurimo w'abunzi kandi bakajya baborohereza akazi.

Uhagarariye abunzi Caritas yashimiye Leta y'u Rwanda, Minisiteri y'ubutabera , minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu, ubuyobozi bw'akarere batuma umurimo wo kunga ugenda neza. Abunzi batanze icyifuzo cyo gukoresha ikoranabuhanga kuko impapuro zibikika nabi inyuguti zigasibama. Basabye za Smart phone zaborohereza akazi.
Bwana Uwihoreye yashimiye abunzi akazi keza bakora bunga abantu mu mahoro. Yababwiye ko ikoranabuhaga bazarihabwa uko ubushobozi buzagenda buboneka. Umwuga w'abunzi ni umwimerere w'u Rwanda mu gukemura amakimbirane mu mahoro. Mu karere ka Ngororero harabarurwa abunzi 602


Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…