Ngororero: aborozi mu nzuri za Gishwati bakomeje gusabwa kubungabunga ibiti byatewe n'umushinga LAFREC

Kuwa 30 Kanama 2020  mu cymba cy'inama muri Guest House ya Ngororero ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buhagarariwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick bwakoranye inama n’aborozi bororera mu nzuri za Gishwati hagamijwe kurebera hamwe imbogamizi zagaragaye mu ishyirwa mubikorwa ry’Umushinga n'uburyo buhamye bwo gucunga, kurinda ibyakozwe no gusana ibyakwangirika igihe umushinga uzaba ushoje imirimo yawo.

Nyuma yo gusuzuma imbogamizi zagaragaye mu gihe cyo gutera ibiti zishingiye cyane cyane ku biti bitakunze agace ka Gishwati n’uruhare ruto rw’aborozi mugihe cyashize no kuba muri iki gihe hari ibyangirika kubera uburangare(Ibiti bizitiye ingemwe bicanwa n’ibyuma byibwa), inama yemeje ibi bikurikira:
 Umworozi agomba gusimbuza ibyangiritse kubera uburangare,
 aborozi bagomba gukangurira abashumba kugira uruhare rufatika mu gucunga ibyakozwe.
  Hemejwe ko tariki ya 10 Nzeri hazaba inama n’aborozi n’isuzuma ry’ibimaze gukorwa kuri buri rwuri hamwe n’aborozi. Muri iyo nama kandi hazaganirwa ku masezerano rusange yo kwita ku biti byatewe n’ibizaterwa mu gihembwe cya Nzeri-Ukuboza 2020.
 Buri mworozi yasinye amasezerano yo kurinda ibyakozwe byose
 Akarere kazajya gahana abatubahirije ibikubiye muri aya masezerano ndetse n’abandi bakigaragaza umuco wo kuzerereza amatungo akangiza ibyakozwe.
Ba site mangers bamenyesheje inama ko  hamaze gutegurwa ingemwe 30,000 za Alnus mu rwego rwo kwitegura igihembwe cyo gutera ibiti.

Inama yitabiriwe kandi n'umukozi ukurikirana umushinga wa LAFREC Bwana NSENGIYUMVA Augustin n'umukozi w'Akarere ushinzwe amashyamba Bwana KAYITSINGA Jean n’urwego rw’Inkeragutabara ruhagarariwe na LT.COL JMV Kayitera.


Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →

Ngororero: Abaveterineri biyemeje gushyira umworozi ku isonga

Umuyobozi w'Akarere  Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…

Read more →

Umurenge wa Kabaya: "Ikinyarwanda ni ururimi ruduhuza tukivuge, tucyandike neza"- Guverineri Ntibitura

Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…

Read more →

Umurenge wa Ngororerowegukanye ibikombe 2 (gore, gabo) mu marushanwa y'UCP

Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…

Read more →
-->