Ngororero: aborozi mu nzuri za Gishwati bakomeje gusabwa kubungabunga ibiti byatewe n'umushinga LAFREC
Kuwa 30 Kanama 2020 mu cymba cy'inama muri Guest House ya Ngororero ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buhagarariwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick bwakoranye inama n’aborozi bororera mu nzuri za Gishwati hagamijwe kurebera hamwe imbogamizi zagaragaye mu ishyirwa mubikorwa ry’Umushinga n'uburyo buhamye bwo gucunga, kurinda ibyakozwe no gusana ibyakwangirika igihe umushinga uzaba ushoje imirimo yawo.
Nyuma yo gusuzuma imbogamizi zagaragaye mu gihe cyo gutera ibiti zishingiye cyane cyane ku biti bitakunze agace ka Gishwati n’uruhare ruto rw’aborozi mugihe cyashize no kuba muri iki gihe hari ibyangirika kubera uburangare(Ibiti bizitiye ingemwe bicanwa n’ibyuma byibwa), inama yemeje ibi bikurikira:
Umworozi agomba gusimbuza ibyangiritse kubera uburangare,
aborozi bagomba gukangurira abashumba kugira uruhare rufatika mu gucunga ibyakozwe.
Hemejwe ko tariki ya 10 Nzeri hazaba inama n’aborozi n’isuzuma ry’ibimaze gukorwa kuri buri rwuri hamwe n’aborozi. Muri iyo nama kandi hazaganirwa ku masezerano rusange yo kwita ku biti byatewe n’ibizaterwa mu gihembwe cya Nzeri-Ukuboza 2020.
Buri mworozi yasinye amasezerano yo kurinda ibyakozwe byose
Akarere kazajya gahana abatubahirije ibikubiye muri aya masezerano ndetse n’abandi bakigaragaza umuco wo kuzerereza amatungo akangiza ibyakozwe.
Ba site mangers bamenyesheje inama ko hamaze gutegurwa ingemwe 30,000 za Alnus mu rwego rwo kwitegura igihembwe cyo gutera ibiti.
Inama yitabiriwe kandi n'umukozi ukurikirana umushinga wa LAFREC Bwana NSENGIYUMVA Augustin n'umukozi w'Akarere ushinzwe amashyamba Bwana KAYITSINGA Jean n’urwego rw’Inkeragutabara ruhagarariwe na LT.COL JMV Kayitera.


Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…