Ngororero: abita ku barwayi by'umwihariko bashimiwe ku mugaragaro
Kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abarwayi ku Bitaro bya Kabaya
Mu Bitaro by’Akarere bya Kabaya habereye ibirori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abarwayi, bifite insanganyamatsiko igira iti:
“Impuhwe z’Umusamariya: Gukunda no kwakira ububabare bw’undi.”
Ibi birori byatangijwe na Misa ntagatifu byaranzwe kandi na:
- Ubutumwa bw’abayobozi bwo gushyigikira no guhumuriza abarwayi;
- Gushima no guha icyubahiro abantu n’imiryango igira uruhare mu gufasha abarwayi,
- Gutanga inkunga y’ibikoresho ku barwayi.
Umuyobozi w'Akarere Wungirije Ushinzwe Iterambere ry'Imibereho Myiza y'Abaturage Madamu Mukunduhirwe Benjamine, yasabye abaturage bagana Ibitaro bya Kabaya kurushaho kugira uruhare mu gushyigikira abarwayi, no kwirinda indwara bifashishije serivisi z’ubuzima zirimo:
gukingiza, serivisi zihabwa ababyeyi batwite (antenatal care),
kubyarira kwa muganga....
Yanibukije kandi akamaro ko kwirinda igwingira mu bana, no kwirinda ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’imiti itemewe kandi yangiza ubuzima.
Hagarutswe cyane ku butumwa bwihariye bujyanye n’Ubwisungane mu Kwivuza (Mutuelle de Santé), hibandwa kuri:
serivisi nshya z’ubuvuzi bwihariye zizatangira kwishyurwa na Mutuelle,
ishingiro n’uburyo bushya bwo gutanga umusanzu,
uruhare rw’abaturage mu gushyigikira no gushyira mu bikorwa politiki nshya y’Ubwisungane mu Kwivuza.
Iki gikorwa cyitabiriwe kandi na:
Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Kabaya, Dr Mukanyirigira Edith,
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabaya,
Umuyobozi wa Polisi (RNP) kuri Sitatiyo ya Kabaya,
Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuzima Rusange,
Abakozi b’Ibitaro bya Kabaya,
abarwayi n’abarwaza,
hamwe n’abaturage bagana Ibitaro bya Kabaya.
Nyuma habayeho kureba aho imirimo yo kubaka ikigo nderabuzima cya Kabaya igeze. Iri kugenda neza, havuzwe ko igomba kwihutishwa
Kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abarwayi ku Bitaro bya Kabaya
Mu Bitaro by’Akarere bya Kabaya habereye ibirori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga…
Itsinda ryaturutse mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare NISR riyobowe na Bwana
Kamanzi Jean Filbert Shingiro bari mu Karere ka Ngororero aho…
Kuri uyu wa mbere tarikivya 9/03/2026 habaye amatora ya Komite Nyobozi na Nkemurampaka y'urugaga rw'Abikorera mu Karere ka Ngororero (PSF) ku rwego…
Umunsi mukuru mpuzamahanga w'umugore wizihijwe mu mirenge yose igize Akarere ka Ngororero. Ku rwego rw'Akarere igikorwa cyabereye mu murenge wa…
Kuri uyu wa kane tariki ya 04 Werurwe 2026, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwakomeje ubushakashatsi burimo gukorwa mu karere ka Ngororero, aho…
Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…
Kuri uyu wa mbere tariki 2/03/2026 abaye inama yo gusoza ku mugaragaro Porogaramu ya Climate Just Communities (CJC).
Yayobowe n’Umuyobozi w’Akarere…
Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…