Ngororero: Abashinzwe imibereho myiza barasabwa gutanga raporo zifite ubuziranenge
Kuwa 27/11/2019 muri salle y’Akarere ka Ngororero habereye inama kuri Human Security issues .
Iyo Inama yayobowe na Madamu MUKAMANA Soline, Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuzima.
Inama yitabiriwe kandi n’Umuyobozi w’Ishami ry’Imiturire n’ibikorwa remezo Bwana NTAKIYIMNA Jean Pierre Celestin, ba ASOCs b'Imirenge, Umukozi ushinzwe ubukangurambaga bwa MUSA n' Umukozi ukurikirana ibikorwa bya ECDs.
Ingingo zaganiweho:
1. Kurebera hamwe aho imirenge igeze icyemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y'abaturage
2. Imitangire ya raporo.
Nyuma yo kungurana ibitekerezo kuri izi ngingo hafashwe imyanzuro zikurikira: - Ba ASOCs basabwe gukurikirana umunsi ku umunsi ikemurwa ry’ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’Abaturage ndetse bakanasesengura neza raporo ziva mu tugali kugirango zitangwe mu karere zifite ubuziranenge -Hibukijwe raporo zitangwa buri cyumweru - Gushaka ibibanza ku batabigira kandi ahari ibisigara bya Leta hakubakwa hakabaho no kubaka amazu yegeranye aho bishoboka kandi ari ku mudugudu kugira ngo bizorohe mu kwegerezwa ibikorwa remezo;
- Bibukijwe ko bagomba gutanga raporo ku gihe, bakurikije canevas yatanzwe, kandi ikaba ari raporo y'ibikorwa babanje gusura ikaba igaragaza n'amafoto ya buri gikorwa. - Kugira ngo imirimo igende neza ni ngombwa ko ba Land managers b'imirenge bajya bafasha ba ASOC mu bijyanye n'inyubako kugira ngo babafashe kumenya ibikenewe cyane cyane nk'isakaro no kubarura ibibanza byishyurwa amafaranga y'a LETA. - Hibukijwe ko umugenerwabikorwa uhawe inzu agomba kugirana amasezerano na Leta yo kuyifata neza

- Bongeye kwibutswa ko amafaranga n ‘ibikoresho byasagutse mu biza byakoreshwa muri HSI. - Kwihutisha gusakara amazu kuko amabati yatanzwe - Gukomeza gukorana n’abafatanyabikorwa mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza. y’Abaturage Ku bindi : mu rwego rwo kurwanya imirire mibi , ba ASOCs bibukijwe ko hari amafaranga ya SPRP yoherejwe mu mirenge ku bikorwa bitandukanye ariko hakaba hari imirenge itarayakoresheje yose, abayakoresheje nabo bakaba bataratanze raporo. Basabwe kwihutisha ibitarakozwe bakabitangira raporo byose
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…