Ngororero: abana 212 ubu bafite imirire mibi bitarenze kuwa 31/12/2020 bagomba kuba bakize

Ni umwe mu myanzuro yafatiwe mu nama ku kurwanya imirire mibi mu bana yateranye kuri uyu wa 10/09/2020.

Ibyari ku murongo w’ibyigwa:

- Uko  ibipimo by'imirire bihagaze muri zone y'ibitaro bya Kabaya na Muhororo
-Kugaragariza abitabiriye inama ibyavuye mu bugenzuzi bwakonzwe n'abakozi bo mw'ishami ry'ubuzima
- Imitangire n'imicungire y'inyunganiramirire mu bigo nderabuzima
- Imihigo yo mw'ishami ry'ubuzima
-Kwirinda icyorezo cya Koronavirusi

Nyuma yo kungurana ibitekerezo bitandukanye  ku ngingo zavuzwe haruguru, hafashwe imyanzuro ikurikira:

Abitabiriye inama bemeye ko bakomeza  gukurikirana abana  212 ubu bafite imirire mibi bitarenze kwa 31/12/2020 bakaba bakize

 Abitabiriye Inama bemeye ko  abana bose bari munsi y'imyaka 5 bazajya bapimwa ntawe ucikanywe

 Mu rwego rwo gukumira imirire mibi n’igwingira, hemejwe ko Abajyanama b’Ubuzima bazarushaho gusobanurirwa inshingano zabo mu kwita ku minsi 1000 y'ubuzima bw'umwana
 Hemejwe ko  bazakurikirana   abaturage bafata  inyunganira mirire (shisha kibondo, amata na ongera) kugirango harebwe ko batazigurisha.

 Gukomeza gukurikirana ko ibikoresho byatanzwe muri HBECD n'umushinga wa SPRP (Stunting Prevention and Reduction Project) bikoreshwa neza icyo byagenewe

Hemejwe Ko abana bose 212 bafite imirire mibi bakurikiranwa iminsi 12 n’ibitaro hamwe n’ibigonderabuzima nderabuzima
Hemejwe Ko igikoni cy’umudugudu gikora hubahirijwe amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi
Ibigo nderabuzima byasabwe nabyo kugira imirima y’igikoni izabafasha kwerekera ababyeyi bafite abana bari munsi y’Imyaka 5 uko bategura indyo yuzuye
Abitabiriye inama biyemeje kurushaho gukangurira abaturage kugira isuku; basabwe gukora cyane kugirango imihigo basobanuriwe yeswe; basobanuriwe igenzura  rikomatanyije rizakorwa  na MINALOC, NECDP , RBC  na MIGEPROF kuva kuwa 14/09/2020 kugeza kuwa 18/09/2020, basabwa gukomeza kwitegura neza; basabwe gukomeza gufatanya mu gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Koronavirusi  no kugenzura ko amabwiriza yashyizweho yubahirizwa.
Inama yitabiriwe n’abakozi baturutse mu mu bitaro , mu bigo nderabuzima ndetse no mu mirenge;yafunguwe kandi iyoborwa n' umuyobozi w'ishami ry'ubuzima Madamu MUKAMANA Soline wari uhagarariye ubuyobozi bw’Akarere.


Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →

Ngororero: Abaveterineri biyemeje gushyira umworozi ku isonga

Umuyobozi w'Akarere  Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…

Read more →

Umurenge wa Kabaya: "Ikinyarwanda ni ururimi ruduhuza tukivuge, tucyandike neza"- Guverineri Ntibitura

Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…

Read more →

Umurenge wa Ngororerowegukanye ibikombe 2 (gore, gabo) mu marushanwa y'UCP

Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…

Read more →
-->