Ngororero: Abalimu bibukijwe akamaro ntayegayezwa k'ururimi rw'icyongerza mu kazi kabo
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage @MukunduhirweBe ari kumwe n'intumwa z'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Uburezi ziyobowe n'Umuyobozi Mukuru wungirije wa REB Madamu Dr Flora Mutezigaju yayoboye inama yahuje abayobozi b'amashuli abanza n'ayisumbuye kuri Programu yo kwigisha/guhugura abalimu ku rurimi rw'icyongereza. (English LanguageTraining Program.)
Nk'uko byavuzwe na Dr Mutezigaju,
Impamvu y'amahugurwa y'icyongereza ku balimu ziri ukwinshi:
Mu bihugu 195 bigize isi 65 bikoresha ururimi rw'icyongerza mu myigire n'imyigishirize
Mu bihugu 54 bigize Afurika 24 bikoresha ururimi rw'icyongereza mu myigire n'imyigishirize naho mu karere u Rwanda ruherereyemo ururimi rw'icyongereza rurakireshwa cyane mu mashuli.
Dr Mutezigaju: "Kugirango tugire u Rwanda twifuza, rutuwe n'abantu bashoboye gupiganwa ku isoko ry'umurimo ku rwego rw'isi; umunyeshuli agomba kumenya neza ururimi rw'icyongereza, umwalimu we bikaba akarusho." Aha yasabye abalimu kugira inyota, umuhate n'ubushake bwo kumenya neza icyongereza.
Ngororero ihagaze ite muri uru rwego? Akarere ka Ngororero gafite abalimu 1,284 muri bo 93% binjiye muri gahunda yo kwiga. Muri bo 83 ntibaratangira. Ngororero iri ku mwanya wa 2 mu Ntara y'Iburengerazuba no ku mwanya wa 4 ku rwego rw'Igihugu.
Icyakorwa kugirango gahunda irusheho kunoga:
- Abayobozi b'amashuli basabwe kurushaho gukurikirana uburyo abalimu bakurikirana amasomo mu gihe cy'amezi 12.
- Abalimu basabwe kwigana umurava kuko amasomo narangira abazabona amanota mabi bazasezererwa mu kazi.
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…