Ngororero: Abahawe telefone bagiye gushyiraho group Watsapp bise SMART NGORORERO
Ni umwanzuro wavuye mu gikorwa cyo gutanga telefone 1000 Nyakubahwa Perezida wa Republika yahaye abaturage mu Karere ka Ngororero muri gahunda ya Connect Rwanda. Igikorwa cyabereye mu mirenge yose 13 kuri uyu wa gatanu 13/03/2020. Ku rwego rw'Akarere cyabereye mu murenge wa Ngororero.



Mayor Ndayambaje na CEO wa RISA mu gikorwa cyo gushyikiriza abaturage telefone
Umushyitsi mukuru Bwana Innocent BAGAMBA MUHIZI Chief Executive Officer wa Rwanda Information Society Authority (RISA) wari ahagarariye Minister w'Ikoranabuhanga no Guhanga Udushya yabwiye abahawe telefone ko atari iz'umurimbo ko ahubwo ari izo koroshya ubuzima.
Yabahaye n'ubutumwa bwa minister bujyanye no kuzifara neza kandi bakazitura Umukuru w'Igihugu uhora uzirikana iterambere ry'abaturage. Bwana Muhizi yasobanuye ko bazamwitura bazifata neza, birinda kuzigurisha kandi batangira amakuru yose ku gihe.
Umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid nawe yasabye abaturage
kuzikoresha neza zigahindura ubuzima bwabo, zigateza imbere imiryango yabo zibafasha kubungabunga igihe n'amafaranga.


Umuyobozi w'ingabo n'uwa police bari mu gikorwa cyo gutanga telefone
Abazihawe nabo biyemeje gutangira amakuru ku gihe, kuzikoresha mu buzima bwa buri munsi haba mu buhinzi, ubworozi, ubuzima... Mw'izina rya bagenzi be Bwana Urengejeho Callixte wo mu mudugudu wa Rwambariro mu kagari ka Torero yashimiye umukuru w'Igihugu Nyakubahwa Perezida wa Republika Paul Kagame udahwema gushakira abanyarwanda ibyiza bibateza imbere birimo gahunda ya Girinka munyarwanda.
Gasaruhande Elie umuyobozi w'umudugudu w'icyitegererezo wa Kanyenyeri na Nyirambabazi Tewodeta utuye mu mudugudu wa Nyarubingo mu kagari ka Rususa bavuze ko izi telefone zizabafasha kubona amakuru ajyanye n'ubuhinzi nabo bakayageza kuri bagenzi babo.


Abahawe telefone barashimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika
Abahawe telefone bafite amahugurwa ku mikoreshereze yazo azamara icyumweru bakaba biyemeje gushyiraho Koperative yitwa SMART NGORORERO.
Buri telefone yatanzwe ifite itumanaho rya 500 frws na internet y'amezi 3.
Abafatanyabikorwa bari bitabiriye uyu muhango bari Mara Phone, MTN , RISA na ETHOS. Mu mirenge yose igikorwa cyagenze neza.


Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…