Ngororero: abagore bakuye amaboko mu bitenge

Abagore b'umudugudu wa Rebero mu kagari ka Kabaya, umurenge wa Kabaya bakuye amaboko mu bitenge. Babitangaje ubwo bizihizaga umunsi mpuzamahanga w'umugore wabereye mu mudugudu wabo ku rwego rw'Akarere.
 Nk'uko babyivugiye ngo umudugudu wabo nturangwamo imirire mibi n'igwingira ry'abana.


Nyirabaserura Valentine ni umwe mu  badamu bivuze ibigwi agaragaza uburyo yiteje imbere ahereye ku bihumbi 10 ubu akaba afite ihene 2 n'ingurube 2 bifite agaciro k'ibihumbi 90. Afite konti mu murenge Sacco, acuruza imboga n'imbuto, abana bariga nta mbogamizi.
Abagore bo mu mudugudu wa Rebero   bagaragaje kandi uburyo besheje imihigo: bafite amatsinda akoresha ikoranabuhanga,  biga imyuga, imiryango yose ifite uturima tw'igikoni n'ibiti by'imbuto ziribwa. Bafite irerero, isuku n'isukura biri mu ngo zose, nta muryango urangwamo amakimbirane.

Nyirabaja Felesita w'imyaka 92 mu muvugo we yagaragaje uburyo umugore ari ku ruhembe rw'iterambere. Yashimiye Umukuru w'Igihugu Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame bakesha kuba bafite ijambo n'agaciro.
Umunsi mukuru waranzwe no kumurika ibyagezweho, kugaburira abana indyo yuzuye ku bufaranye n'umushinga Hinga Weze, kuremera  yirerero ry'umudugudu bariha ibikoresho no kuremera imiryango itishoboye


Umushyitsi mukuru muri ibi birori yari umuyobizi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu Bwana Uwihoreye Patrick. Yifashishije imibare yeretse abitabiriye ibirori uburyo umugore yahawe ijambo akaba aharanira iterambere mu nzego zifata ibyemezo kuva ku rwego rw'igihugu kugeza ku mudugudu. Yagarutse ku buryo igitsina gore baza mu myanya ya mbere mu mashuli kandi bakagaragaza ubuhanga  mu kazi. Yashimiye umudugudu wa Rebero uburyo witeje imbere asaba indi midugudu kuwukoramo urugendo shuli.


Mu bandi bitabiriye ibirori harimo umunyamabanga  nshingwabikorwa w'Akarere Bwana Abiyingoma Gérald, inzego z'umutekano, abajyanama mu Inama Njyanama y'Akarere, inzego z'Inama y'Igihugu y'Abagore n'iz'urubyiruko n'intumwa z'umushinga Hinga Weze. Ibirori byashojwe n'ubusabane.


Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →

Ngororero: Abaveterineri biyemeje gushyira umworozi ku isonga

Umuyobozi w'Akarere  Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…

Read more →

Umurenge wa Kabaya: "Ikinyarwanda ni ururimi ruduhuza tukivuge, tucyandike neza"- Guverineri Ntibitura

Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…

Read more →

Umurenge wa Ngororerowegukanye ibikombe 2 (gore, gabo) mu marushanwa y'UCP

Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…

Read more →
-->