Ngororero: abagizweho ingaruka n'ibiza batangiye kugobokwa

Uyu munsi ku cyumweru tariki ya 10/05/2020 abaturage bagizweho ingaruka z'ibiza batangiye kubona ubufasha.
 Ku bufatanye bw'Akarere ka Ngororero, Minisiteri y'imicungire y'ibiza na Croix Rouge y'u Rwanda
 bahawe ibikoresho by'ibanze birimo iby'isuku, ibyo mu gikoni n'ibiryamirwa.
Imiryango yabuze abayo MINEMA yayigeneye inkunga yo kuyifata mu mugongo.

Nk'uko byavuzwe n'aba bafatanyabikorwa imfashanyo zirimo ibiribwa n'ibikoresho by'ubwubatsi nazo zizabageraho vuba.
Bihanganishije ababuze ababo babasaba gukomera bagaharanira ejo habo heza.
Ababonye ubufasha uyu munsi ni abo mu mirenge ya Ngororero, Muhororo, Hindiro, Matyazo na Kabaya. Igikorwa kizakomereza no mu yindi mirenge. Nk'uko byavuzwe n'umuyobozi wungirije wa Croix Rouge y'u Rwanda Bwana Mazimpaka Emmanuel imiryango 1023 icumbikiwe mu bigo by'amashuri n'ahandi yasenyewe n'ibiza mu Karere ka Ngororero izahabwa ibiringiti , amasafuriya , imikeka amasabune , amasahani,indobo n' ibikombe.

Abanyangororero batuye hirya no hino mu gihugu nabo bifatanije n'abahuye n'akaga. Ubu barimo gukusanya inkunga yo kubafata mu mugongo.

Honorable Depite Manirarora Annoncee yafashe iya mbere mu guhamagarira abahuriye ku rubuga rwa Ngororero Network gukusanya imfashanyo yo gutabara abahuye n'ibiza.

Aragira ati "Bavandimwe duhuriye kuri uru rubuga mwiriwe neza. Muri iyi minsi nkuko mwagiye mubikurikira Akarere kacu kahuye n'ibyago byatewe n'ibiza, bitwara ubuzima bwa  bamwe mu baturage, kugeza ubu abitabye Imana ni 21. Nk'uko mu muco mwiza usanzwe uturanga nk'abavuka mu Ngororero, byaba byiza twishatsemo inkunga yo gufata mu mugongo imiryango yabuze ababo. Buri wese uko yifite turebe icyo twamarira abavandimwe basigaye. Imana ibahe umugisha"

Iki gitekerezo cyashimwe na bose ndetse kirimo gushyirwa mu bikorwa.

Abapfuye bazize ibiza kuva ukwezi kwa 4 gutangiye.

Kavumu:  7
Matyazo: 6

Kageyo:  2
Gatumba: 2
Hindiro  :  1
Sovu    :    1
Muhanda: 1
Ngororero:1

Inzu  213 zasenyutse

Ngororero 15
Gatumba 27
Kabaya 24
Matyazo 23
Bwira 42
Ndaro 4
Muhororo 10
Sovu 8
Kageyo 5
Nyange 3
Hindiro 13
Muhanda 18
Kavumu 21


Igikorwa cy'uyu munsi cyayobowe n'umuyobozi  w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu Bwana Uwihoreye  Patrick.
 Yari kumwe n'umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madame Mukunduhirwe Benjamine, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere Bwana Abiyingoma Gerard, intumwa ya MINEMA Bwana Habyarimana Jean, intumwa za Croix Rouge y'u Rwanda zari ziyobowe na Bwana Mazimpaka Emmanuel wungirije umuyobozi wa Croix Rouge y'u Rwanda, umuyobozi w'ishami ry'imibereho myiza Bwana Mundanikure Joseph n'umukozi w'Akarere ushinzwe imicungire y'ibiza na VUP  Bwana Bareberaho Jean Baptiste.


Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →

Ngororero: Abaveterineri biyemeje gushyira umworozi ku isonga

Umuyobozi w'Akarere  Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…

Read more →

Umurenge wa Kabaya: "Ikinyarwanda ni ururimi ruduhuza tukivuge, tucyandike neza"- Guverineri Ntibitura

Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…

Read more →

Umurenge wa Ngororerowegukanye ibikombe 2 (gore, gabo) mu marushanwa y'UCP

Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…

Read more →
-->