Ngororero: ababyeyi bakomeje gukangurirwa kuboneza urubyaro
Kuwa 03/08/2020, ku isoko rya Gatega mu kagali ka Gatega,habaye igikorwa cyo gutangiza ubukangurambaga bwo kuboneza urubyaro ku bufatanye bw'Akarere n'Imbuto Foundation.
Ni Igikorwa cyatangijwe n'umuyobozi w'ishami ry'ubuzima mu karere ka Ngororero Madame Mukamana Soline wari uhagarariye ubuyobozi bw’Akarere wari kumwe n'umuyobozi w'ibitaro bya Kabaya Dr.NTIRENGANYA Emmanuel.
Iki gikorwa cyatangiye kuwa 3/8/2020 kizarangira taliki 28/08/2020.
Ubu bukangurambaga kandi bwitabiriwe n'abayobozi b'ibigo nderabuzima bikorera muri zone y'ibitaro bya Kabaya, abakozi b'ibitaro bya Kabaya, umukozi ushinzwe ubuzima n'isuku mu murenge wa Hindiro, ushinzwe ibikorwa by'abajyanama b'ubuzima kuri CS Muramba n'abajyanama b'ubuzima.
Abitabiriye bigishijwe:
uburyo butandukanye bwo kuboneza urubyaro
Akamaro ko Kuboneza urubyaro
Kwirinda Covid-19
kwita ku mirire y'abana(Gutegura indyo yuzuye)
Kwishyura Ubwisungane mu kwivuza.
Nyuma ababyifuza bahawe service yo kuboneza urubyaro,12 bahise baboneza, 15 baje kubaza ibibazo bitandukanye bahabwa inama.

Umuyobozi w'isahami ry'ubuzima aragaragaza uko abaturage bitabiriye kuboneza urubyaro kugeza kuwa 30/6/2020
| |||
Umurenge | Abagore baboneje urubyaro kugeza Kamena2020 | Abagore bari bategerejwe kuboneza urubyaro kugeza Kamena 2020. (imyaka15-49) | ijanisha % |
| BWIRA | 2496 | 5097.8 | 49.0 |
| GATUMBA | 4298 | 6328.6 | 67.9 |
| HINDIRO | 4618 | 6502.3 | 71.0 |
| KABAYA | 3124 | 9019 | 34.6 |
| KAGEYO | 2821 | 6067.3 | 46.5 |
| KAVUMU | 4233 | 7359 | 57.5 |
| MATYAZO | 2313 | 6807.9 | 34.0 |
| MUHANDA | 3349 | 7567.1 | 44.3 |
| MUHORORO | 5225 | 5771.9 | 90.5 |
| NDARO | 2855 | 6070.2 | 47.0 |
| NGORORERO | 4295 | 9502.1 | 45.2 |
| NYANGE | 2630 | 5919.6 | 44.4 |
| SOVU | 2886 | 7313.9 | 39.5 |
| Total/Akarere | 45143 | 89326.7 | 50.5 |
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…